• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Rubavu: Umwarimu afunzwe azira gukora amanyanga

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 24, 2025
in Amakuru
0
Rubavu: Umwarimu afunzwe azira gukora amanyanga
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umwarimu wigisha ku kigo cy’amashuri abanza cya Kinyanzovu, mu Murenge wa Cyanzarwe, Akarere ka Rubavu, ari mu maboko y’inzego z’umutekano nyuma yo gushinjwa uburiganya bwo kwaka abaturage amafaranga abizeza ibyo atabashije kubahiriza.

Amakuru atangwa n’ubuyobozi avuga ko uwo mwarimu yacunze ababyeyi babiri ababwira ko azabashakira imyanya y’abana babo mu ishuri rya GS Busasamana, bakamuha amafaranga ibihumbi 100 Frw. Byongeye, ngo yanasabye abarimu bagenzi be batanu amafaranga agera ku bihumbi 730 Frw ababeshya ko azabafasha kubona inguzanyo yihuse muri gahunda ya Gira Iwawe Mwarimu.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Yafatiwe ku kazi ke ku wa 17 Nzeri 2025 nyuma y’uko Umuyobozi w’Ikigo yigishaho atabaje inzego z’ubuyobozi kubera amakuru yari amaze gutangwa n’ababyeyi n’abarimu bari baramugiriye icyizere.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyanzarwe, Bwana Mugisha Honoré, yemeje ko uyu mwarimu afunze, ashimangira ko n’abarimu bagenzi be bafite ibimenyetso bihamya ko yabambuye.

Yagize ati: “Twafashe uwo mwarimu biturutse ku mpuruza yatanzwe n’Umuyobozi w’ishuri, ndetse n’abarimu bagaragaje ko yabambuye amafaranga abizeza inguzanyo. Turasaba abaturage kugira ubunyangamugayo, bakirinda ibikorwa byo kurya akagabuye.”

Previous Post

Davido agiye kuba umwe mubazajya batanga ibihembo bya Grammy Awards

Next Post

U Bushinwa n’u Buhinde bari gutiza umurindi intambara Ukraine ihanganyemo n’u Burusiya – Donald Trump

Next Post
U Bushinwa n’u Buhinde bari gutiza umurindi intambara Ukraine ihanganyemo n’u Burusiya – Donald Trump

U Bushinwa n’u Buhinde bari gutiza umurindi intambara Ukraine ihanganyemo n'u Burusiya – Donald Trump

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved