• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Albanie: AI yahawe ubuyobozi mu Nteko biteza umwiryane

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 23, 2025
in Uncategorized
0
Albanie: AI yahawe ubuyobozi mu Nteko biteza umwiryane
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Ku wa 14 Nzeri 2025, Minisitiri w’Intebe wa Albanie, Edi Rama, yatangaje icyemezo kidasanzwe cyo gushyira mu Nteko Ishinga Amategeko uburyo bushya bw’ikoranabuhanga bushingiye ku bwenge buhangano. Iyo porogaramu, yiswe Diella, yashyizweho mu rwego rwo guhangana na ruswa no gukurikirana amasoko ya Leta.

Diella, isobanurwa nk’“Izuba” mu rurimi rw’Igialbania, imaze igihe ikoreshwa ku rubuga rwa Leta ruzwi nka e-Albania mu gufasha abaturage kubona serivisi hifashishijwe AI. Ifite ishusho y’umugore wambaye imyambaro gakondo y’igihugu, ikaba yarahawe amajwi ndetse inahabwa ijambo mu Nteko.

Related posts

Bujumbura: Umubyeyi yabyaye umuhungu ahabwa umwana w’umukobwa wapfuye

Bujumbura: Umubyeyi yabyaye umuhungu ahabwa umwana w’umukobwa wapfuye

October 29, 2025
Meteo Rwanda yatangaje ko muri uku kwezi hateganyijwe imvura idasanzwe

Meteo Rwanda yatangaje ko muri uku kwezi hateganyijwe imvura idasanzwe

October 23, 2025

Ubwo yivugiraga mu ruhame rw’abadepite, Diella yagaragaje ko ataje gusimbura abantu, ahubwo aje kubunganira. Yongeyeho ko nta nyungu bwite cyangwa ubwenegihugu igira, uretse gusa gukurikiza amabwiriza no gufasha kurwanya imyitwarire mibi mu nzego za Leta.

Ariko ibi ntibyashimishije abatavuga rumwe n’ubutegetsi. Bamwe mu badepite bavuze ko icyo gikorwa gikozwe mu buryo bunyuranyije n’Itegeko Nshinga, ndetse bashidikanya ko Diella itazaba inzira nshya yo kongera ruswa aho kuyihashya. Ibyo byaviriyemo impaka zikomeye mu Nteko, bamwe baratongana, abandi bamanika amajwi ndetse hanavugwa ko hari abamenaguye amacupa.

Mu kwisobanura, Diella yasubije ko Itegeko Nshinga rivuga ku bigo bitanga serivisi, ntirigaragaza niba bigomba kuba bigizwe n’umubiri n’amaraso.

Iyi gahunda ni imwe mu ngero za politiki za Rama, ushaka guhindura Albanie igihugu kiyoboye ikoranabuhanga mu Karere. Intego ye ni uko mu mwaka wa 2030, ubukungu bw’igihugu buzaba bushingiye ku ikoranabuhanga, ku buryo amafaranga afatika atazongera gukoreshwa mu buryo busanzwe.

Previous Post

Umuhanzi Omah Lay ihungabana rimugeze habi

Next Post

Davido agiye kuba umwe mubazajya batanga ibihembo bya Grammy Awards

Next Post
Davido agiye kuba umwe mubazajya batanga ibihembo bya Grammy Awards

Davido agiye kuba umwe mubazajya batanga ibihembo bya Grammy Awards

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved