• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Rubavu: Umusaza w’imyaka 65 amerewe nabi nyuma yo gutera inda umwana utaruzuza imyaka y’ubukure

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 22, 2025
in Amakuru
0
Rubavu: Umusaza w’imyaka 65 amerewe nabi nyuma yo gutera inda umwana utaruzuza imyaka y’ubukure
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu mudugudu wa Gahinga, akagari ka Murara, umurenge wa Rubavu mu karere ka Rubavu, haravugwa inkuru ibabaje y’umwana w’umukobwa w’imyaka 15 uvugwaho guterwa inda n’umusaza w’imyaka 65, akaba amaze ibyumweru bibiri abyaye uruhinja.

Amakuru avuga ko uyu musaza witwa Jean Batista yatangiye gusambanya uyu mwana akimara kwimukira hafi y’urugo rwe, ubwo umwana yamunyuragahonagiye kwishuri hanyuma umusaza akamusaba kujya ku mufashankwahira yamugeza murugo akamusambanya nyuma akamubwira ko ntawugomba kubimenya, ndetse akamusaba kujya abyitirira umwuzukuru we.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Uyu mwana yagize ati:“Aho twari dutuye najyaga ku ishuri, nuko umusaza akambwira ngo njye kumufasha akampa agafuka nkamujyanira, nagera yo akanyinjiza mu nzu akambwira ngo nambure hanyuma agakora ibyo ashaka yasoza noambara  ubundi akambwira ko nihagira ubimbaza nzavuga umwuzukuru we.”

Ababyeyi b’uyu mwana ubwo babonaga atwite, bamubajije uwamuteye inda maze abanza kubabwira ko ari umwuzukuru w’uwo musaza. Nyuma, yicajwe n’ababyeyi be ababwira ko Jean Batista ari we wamuteye inda.

Ubutabera bwaje kumuta muri yombi, ariko nyuma y’igihe gito arekurwa havugwa ko atabyara, nyamara abaturage bemeza ko afite abana barengeje imyaka.

Nyina w’umwana yagize ati: “Twagiye kumurega, baramufata amara ukwezi n’igice afunze, nyuma twumva aratashye. Njyewe nari naragiye no muri Isange barambwira ngo nceceke ntazatuma ahunga, ariko abaturage bahoraga bambwira ko inda ari iye.”

Umuryango w’uyu mwana uvuga ko wifuza ko hakorwa isuzuma ry’amaraso (DNA) hagati y’uyu musaza, cyangwa umwe mu bana yabyaye, n’uru ruhinja kugira ngo ukuri kugaragare.

Itangazamakuru ryagerageje kuvugana n’uyu musaza ntibyarikundira kuko ntawaruhari umugorewe we yavuze ko yagiye gushaka akazi, gusa umugire w’uyu musaza avuga ko ibyo ashinjwa ari ibinyoma byahimbwe ngo bamwambure imitungo.

Bamwe mu baturanyi babwiye itangazamakuru ko uyu musaza asanzwe ashinjwa gushurashura, gusa ngo byabatunguye kubona ashinjwa gutereta umwana utarageza imyaka y’ubukure.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akagari ka Murara, Rwibasira Jean Bosco, yavuze ko ubuyobozi bskomeje kuba hafi y’uwo muryango:

Ati:“Turi hafi y’umuryango. Uruhinja ntirurandikwa mu irangamimerere, ariko tuzabanza kurwandika ku izina rya nyina. Igihe ubutabera buzaba bwatanze igisubizo, azandikwa ku babyeyi bombi. Uwo mwana yigaga, kandi tuzongera kumusubiza ku ishuri.”

Raporo ya MINUBUMWE igaragaza ko mu mwaka wa 2024, abangavu 22,454 batewe inda, mu gihe Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yerekanye ko 69% by’abangavu batewe inda batigeze babona ubutabera, naho 78% bari mu ishuri ntibashoboye kongera kuryiga bahise barivamo.

Umuryango w’uyu mukobwa urasaba ko ubutabera bwakomeza gukora akazi kabwo kugira ngo ukuri kugaragare, umwana n’umubyeyi be bagahabwa uburenganzira bwo kwiyubaka.

Previous Post

Kabuga Félicien ibye bigiye gusubirwamo bifatirwe umwanzuro ntakuka

Next Post

Ousmane Dembélé yegukanye Ballon d’Or 2025 ahigitse ibindi bihangange bikomeye muri ruhago ku Isi

Next Post
Ousmane Dembélé yegukanye Ballon d’Or 2025 ahigitse ibindi bihangange bikomeye muri ruhago ku Isi

Ousmane Dembélé yegukanye Ballon d’Or 2025 ahigitse ibindi bihangange bikomeye muri ruhago ku Isi

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved