Minisitiri w’Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin , yagaragaje ko Perezida Kagame ahora yishimira iterambere ry’abaturage, avuga ko ababashije kubona uburyo bwo kwiteza imbere bamunezeza. Ibi yabivuze ubwo yari mu ruzinduko mu Karere ka Nyaruguru kuri uyu wa Mbere, tariki ya 22 Nzeri 2022, mu gikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro igihembwe cy’ihinga cya 2026A mu gishanga cy’Urwonjya, mu Murenge wa Nyagisozi.
Mu butumwa yagejeje ku baturage, Minisitiri w’Intebe yabasabye gukorana umwete mu buhinzi kugira ngo bongere umusaruro. Yagize ati: “Uyu munsi umusaruro w’ubuhinzi uri ku toni 5 kuri hegitari, ariko dufite ubushobozi bwo kuwuzamura kugera kuri toni 10 kuri hegitari. Kugira ngo tubigereho, tugomba guhinga buri buso bushoboka haba mu bishanga no ku misozi.”
Dr. Nsengiyumva kandi yashimangiye ko gukoresha imbuto z’indobanure hamwe n’ifumbire y’imvaruganda n’imborera ari ingenzi mu kongera umusaruro. Yongeyeho ko abaturage bagomba kwiga uburyo bwo kuhira imyaka yabo no kwitegura imihindagurikire y’ibihe.
Yagaragaje ko intego y’u Rwanda ari ukugira umusaruro w’ubuhinzi wikube kabiri, asaba abashinzwe ubuhinzi mu nzego za Leta gufatanya n’abahinzi ba koperative mu kongera ubushobozi bwabo no kubafasha kwikura mu bukene. “Iyo muryohewe n’iterambere ryanyu, na Perezida wa Repubulika arishima,” yakomeje avuga.
Mu gice cy’uruzinduko rwe, Minisitiri w’Intebe yanasuye uruganda rwa Mata Tea Company mu Murenge wa Mata, kugira ngo asuzume aho gahunda yo kongera umusaruro w’icyayi no kongera agaciro kacyo igeze, mu rwego rwo guteza imbere ubuhinzi no kongera ibyo u Rwanda twohereza mu mahanga.










