• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Siporo

Perezida Kagame yasuye umuhanda wa Formula 1

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 21, 2025
in Siporo
0
Perezida Kagame yasuye umuhanda wa Formula 1
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, uri mu ruzinduko rw’iminsi itatu muri Azerbaijan, yasoreje gahunda ze i Baku asura umuhanda uzwi nka Baku City Circuit, ahakorerwa isiganwa ry’imodoka nto za Formula 1.

Ibi byabaye kuri iki Cyumweru, tariki ya 21 Nzeri 2025, ubwo Umukuru w’Igihugu yari asoje uruzinduko rwatangiye ku wa 19 Nzeri, rugamije gushimangira umubano wihariye uri hagati ya Kigali na Baku.

Related posts

Leonidas Ndayisaba wari umenyerewe mu biganiro by’imikino hano mu Rwanda yagiye ku yindi Radio

Leonidas Ndayisaba wari umenyerewe mu biganiro by’imikino hano mu Rwanda yagiye ku yindi Radio

March 16, 2026
FERWAFA yafashe umwanzuro ku kibazo cyateje impagarara ku mukino wa APR FC na Al-Merrikh

FERWAFA yafashe umwanzuro ku kibazo cyateje impagarara ku mukino wa APR FC na Al-Merrikh

January 20, 2026

Perezida Kagame yari kumwe na Minisitiri w’Urubyiruko n’Imikino wa Azerbaijan, Farid Gaibov, basobanurirwa amateka y’uyu muhanda umaze imyaka icyenda ukoreshwa mu kwakira isiganwa rikomeye rya Formula 1. Baku City Circuit iri mu mihanda 24 ikoreshwa buri mwaka muri iri rushanwa rikurikirwa cyane ku Isi.

Mu mpera z’iki cyumweru, aha hakiniriweho isiganwa rya Azerbaijan Grand Prix ryegukanywe na Max Verstappen ukinira Red Bull Racing, ushaka kongera kwisubiza umwanya wa mbere mu gihe Oscar Piastri wa McLaren ari we uyoboye kugeza ubu.

U Rwanda na rwo ruri mu biganiro byo kwakira iri siganwa rikomeye, nyuma y’uko Perezida Kagame mu mwaka ushize yatangaje ku mugaragaro ko igihugu cyatanze kandidatire yo kuzakira Formula 1, bikaba byaba ari bwo bwa mbere iri rushanwa rikinirwe muri Afurika nyuma y’imyaka 32.

Formula 1 iri mu mikino ifite izina rikomeye ku rwego mpuzamahanga, igizwe n’isiganwa 24 ribera mu bihugu bitandukanye buri mwaka.

Previous Post

Amagare:Remco Evenepoel yegukanye Shampiyona y’Isi

Next Post

Musanze: Umuturage yaguye munsi y’ikiraro gikunze guteza impanuka

Next Post
Musanze: Umusore yiyahuye kubera amakimbirane yo mu muryango

Musanze: Umuturage yaguye munsi y’ikiraro gikunze guteza impanuka

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved