Mu masaha ya nyuma ya sasita, icyiciro cy’abagabo mu marushanwa y’Isi y’amagare cyatangiriye kuri BK Arena, aho abasiganwa bazasoreza urugendo rwabo kuri Kigali Convention Center (KCC).
Hari gukinwa isiganwa ryo mu bwoko bwa Individual Time Trial (ITT) ku ntera ya kilometero 40,6. Umunyarwanda Nsengiyumva Shemu ni we wabanje gusohoka mu isaha ya 13h45’, abimburira abandi.
Mu gihe yari asigaje 27,4 km, yari amaze gukoresha iminota 18, mu gihe abandi nka Jalal Edward wo muri Sudani y’Epfo na Boniface Simon Ngwata wo muri Tanzania bari bamaze gutangira.
Saa 14h05’, abasiganwa 10 mu bakinnyi 55 bose bari bamaze guhaguruka. Shemu yari ageze i Gahanga, naho Diarra wo muri Mali yari amaze gukora 32,3 km mu minota 12 gusa.
Nyuma y’iminota itanu, saa 14h10’, Ricardo Sodjede wo muri Benin yari amaze gusohoka, mu gihe Cissé Chiekhouna wo muri Senegal yari amaze kugera ku 31,7 km.
Saa 14:16 Shemu yari amaze kurangiza intera ya 18 km akoresheje iminota 31.
Iri siganwa rifite umwihariko udasanzwe, kuko ku nshuro ya mbere mu mateka ya shampiyona y’Isi, abasiganwa batangiriye imbere muri indoor arena — BK Arena.




