• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

U Burundi ibyo buri gukora muri RDC bisa nko gusuka lisansi mu muriro – Olivier Nduhungirehe

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 19, 2025
in Amakuru
0
U Burundi ibyo buri gukora muri RDC bisa nko gusuka lisansi mu muriro – Olivier Nduhungirehe
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yasabye Guverinoma y’u Burundi kureka kwinjira mu ntambara yo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), avuga ko ibyo bigira ingaruka mbi ku mutekano w’akarere.

Mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Scovia Mutesi, Minisitiri Nduhungirehe yagarutse ku ruhare rw’ingabo z’u Burundi ziri muri RDC, aho zifatanyije n’iza Leta ya Congo kurwanya umutwe wa M23, ariko zikagaragara zinakorana n’umutwe wa FDLR ndetse n’abitwa Wazalendo.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Yagize ati: “Ingabo z’u Burundi ziri gufatanya na Guverinoma ya Congo mu bikorwa bikomeje kwibasira Abanye-Congo b’Abatutsi n’Abanyamulenge. Ibyo bikorwa ntibizana amahoro, ahubwo ni nko gusuka lisansi ku muriro.”

Nduhungirehe yanenze icyemezo cy’u Burundi cyo gukoresha ikibuga cy’indege cya Bujumbura mu bikorwa bya gisirikare, harimo koherezayo intwaro no guhagurukirizaho indege nto zitagira abapilote zikoreshwa mu kugaba ibitero kuri rubanda.

Ku birego u Burundi bukunze gushinja u Rwanda byo gufasha umutwe wa RED Tabara no kugirira nabi ubutegetsi bwa Perezida Évariste Ndayishimiye, Nduhungirehe yavuze ko nta shingiro bifite, ashimangira ko “U Rwanda nta gahunda rufite yo gutera u Burundi.”

Umubano w’ibihugu byombi umaze igihe warazambye. Mu ntangiriro za 2024, u Burundi bwafunze imipaka yabwo n’u Rwanda, nyuma y’uko Perezida Ndayishimiye yari avuze ko Kigali ishyigikira abarwanya ubutegetsi bwe. U Rwanda rwo rugaragaza ko ikibazo gikomeye ari ugufatanya kwa Bujumbura n’umutwe wa FDLR mu burasirazuba bwa Congo, bigahungabanya umutekano w’akarere.

Previous Post

RGB yatanze gasopo kubafungiwe insengero nyuma bagashaka andi mayeri

Next Post

Gasabo: Pasiteri yitwitse akoresheje lisansi

Next Post
Biteye agahinda: Gasabo umugabo yakubise umugore we inyundo ntiyanyurwa ahita amukeba ijosi

Gasabo: Pasiteri yitwitse akoresheje lisansi

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved