Umunya-Ghana Thomas Partey, wahoze akinira ikipe ya Arsenal, yitabye urukiko rwa Southwark Crown Court i Londres ku wa Gatatu, ahakana ibyaha bikomeye aregwa birimo gufata ku ngufu abagore babiri no gukorera undi ihohotera rishingiye ku gitsina.
Urukiko rwatangaje ko ashinjwa ibirego bitandatu byose hamwe – bitanu byo gufata ku ngufu n’ikindi kimwe cy’ihohotera rishingiye ku gitsina – byavugwa ko byabaye hagati y’umwaka wa 2021 n’uwa 2022, igihe yari umukinnyi wa Arsenal muri shampiyona y’u Bwongereza (Premier League).
Partey, w’imyaka 32, yarekuwe by’agateganyo ariko ategekwa kumenyesha polisi mbere y’amasaha 24 mbere y’urugendo rwose mpuzamahanga agiye gukora, ndetse ntagomba kugirana ikiganiro n’abamureze. Biteganyijwe ko urubanza rwe nyamukuru rutangira ku wa 2 Ugushyingo 2026.
Ibyaha aregwa byatangiye gukurikiranwa nyuma y’iminsi mike avuye muri Arsenal, ubwo amasezerano ye yarangiraga mu mpera za Kamena uyu mwaka.
Uyu mukinnyi nyuma yo kuva muri Arsenal yerekeje muri Villarreal yo muri shampiyona ya La Liga muri Espangne.
Nubwo ari gukurikiranwa, nta mategeko amubuza gukina ruhago. Ku wa kabiri, yari mu Bwongereza ubwo Villarreal yakinaga na Tottenham mu mikino ya Champions League, aho yinjiye mu kibuga asimbuye mu mukino warangiye Villarreal itsinzwe igitego 1-0.




