• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Rusizi: Umusore w’imyaka 20 yahiriye mu nyubako y’ubucuruzi

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 14, 2025
in Uncategorized
0
Rusizi: Umusore w’imyaka 20 yahiriye mu nyubako y’ubucuruzi
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu Mudugudu wa Gatanga, Akagari ka Karenge, Umurenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi, Turihokubwayo Naphtar w’imyaka 20 arembeye Bitaro bya Mibilizi nyuma yo gukomereka bikomeye ubwo yageragezaga kuzimya inkongi y’umuriro yafashe inyubako y’ubucuruzi yakoreragamo.

Iyo nyubako, ni iy’uwitwa Bizabarabandi Théoneste, yari ifite imiryango itatu y’ubucuruzi: ibikoresho bya elegitoroniki, ubucuruzi bw’imyenda n’icyumba cy’ubwiza, na farumasi y’imiti y’amatungo. Igice cy’inyuma cyari kirimo amacumbi y’abakodeshaga.

Related posts

Bujumbura: Umubyeyi yabyaye umuhungu ahabwa umwana w’umukobwa wapfuye

Bujumbura: Umubyeyi yabyaye umuhungu ahabwa umwana w’umukobwa wapfuye

October 29, 2025
Meteo Rwanda yatangaje ko muri uku kwezi hateganyijwe imvura idasanzwe

Meteo Rwanda yatangaje ko muri uku kwezi hateganyijwe imvura idasanzwe

October 23, 2025

Bivugwa ko inkongi yaturutse mu muryango w’ibikoresho bya elegitoroniki, aho insinga zashaje zateje umuriro. Turihokubwayo yagerageje kurwana n’umuriro, ariko biranga abigenderamo.

Nsabimana Théobald, wari ufitemo farumasi, yagize ati:“Nabonye arwana n’umuriro, twagerageje kumukuramo, ariko yari yahiye cyane. Nanone abacuruzi n’abakodesha bose basigaye nta kintu bafite.”

Bizabarabandi Théoneste yavuze ko yari ayifitiye ubwishingizi ariko kwishyurwa bishobora gutinda, asaba ubuyobozi kubafasha mu buryo bwihuse.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge, Nzayishima Joas, yashimiye Polisi n’abaturage batabaye vuba, asaba abafite inyubako z’ubucuruzi gukoresha ibikoresho byujuje ubuziranenge no gushaka ubwishingizi kugira ngo birinde ibyago nk’ibi

Previous Post

U Bwongereza: Umuganga yikase amaguru ngo abone amafaranga none byamukozeho

Next Post

Donald Trump yatangaje ko yiteguye gufatira ibihano u Burusiya igihe umuryango wa NATO ukoze ibyo ayisaba

Next Post
Donald Trump yatangaje ko yiteguye gufatira ibihano u Burusiya igihe umuryango wa NATO ukoze ibyo ayisaba

Donald Trump yatangaje ko yiteguye gufatira ibihano u Burusiya igihe umuryango wa NATO ukoze ibyo ayisaba

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved