• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Uncategorized

FARDC: icyo ivuga ku rupfu rw’Umujenerari wayoboraga ingabo wapfuye urupfu rutunguranye

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 13, 2025
in Uncategorized
0
FARDC: icyo ivuga ku rupfu rw’Umujenerari wayoboraga ingabo wapfuye urupfu rutunguranye
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zatangaje ko General Muaku Mbuluku Daniel, wayoboraga ingabo zo muri rejiyo ya 33 zikorera mu Mujyi wa Uvira, yapfuye mu buryo butunguranye ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 12 Nzeri 2025.

Umuvugizi wa FARDC, Maj Gen Sylvain Ekenge Bomusa Efomi, yavuze ko nyakwigendera yagize ikibazo cy’uburwayi bwihutirwa ari mu kazi, akajyanwa byihuse ku Bitaro Bikuru bya Uvira aho yahise ashyirwa mu gice cy’abarwayi barembye. Nyuma gato, yahise yitaba Imana.

Related posts

Bujumbura: Umubyeyi yabyaye umuhungu ahabwa umwana w’umukobwa wapfuye

Bujumbura: Umubyeyi yabyaye umuhungu ahabwa umwana w’umukobwa wapfuye

October 29, 2025
Meteo Rwanda yatangaje ko muri uku kwezi hateganyijwe imvura idasanzwe

Meteo Rwanda yatangaje ko muri uku kwezi hateganyijwe imvura idasanzwe

October 23, 2025

Itangazo ryasohowe na FARDC rivuga ko hategurwa uburyo umurambo we uzoherezwa i Kinshasa, aho hazabera imihango yo kumusezeraho bwa nyuma no kumushyingura mu cyubahiro gikwiye. Banahumuriza umuryango wa nyakwigendera, cyane cyane umugore n’abana basizwe.

General Muaku yari umwe mu basirikare bakomeye bazwi muri Kivu y’Epfo. Mu minsi ibiri mbere y’urupfu rwe, ku wa Kane, yari yasuye inkomere zakomerekeye mu myigaragambyo yakozwe na Wazalendo. Amakuru yemeza ko muri iryo joro we n’abandi basirikare bakuru bari banatumijweho kugira ngo basobanure iby’izo mvururu.

Uyu mujenerali yari amaze igihe gito i Uvira, kuko yari yahawe inshingano ku wa 4 Kanama asimbuye General Dunia Kashindi. Yari afite abamwungirije babiri: General Olivier Gasita ushinzwe ubutasi n’ibikorwa bya gisirikare ndetse na Jean Ladis Mabosso ushinzwe imiyoborere.

Urupfu rwe rukunze kuvugwa mu gihe mu Mujyi wa Uvira hakomeje kugaragara imyigaragambyo, aho bamwe bashinjaga General Olivier Gasita gukorana n’umutwe wa AFC/M23.

Previous Post

APR FC Yasezerewe muri CECAFA Kagame Cup

Next Post

Ingabo n’Abapolisi b’u Rwanda Bahawe Impanuro mbere yo kujya mu butumwa bw’amahoro

Next Post
Ingabo n’Abapolisi b’u Rwanda Bahawe Impanuro mbere yo kujya mu butumwa bw’amahoro

Ingabo n’Abapolisi b’u Rwanda Bahawe Impanuro mbere yo kujya mu butumwa bw'amahoro

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved