• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Nyarugenge: Abanyerondo batemwe n’ibisambo

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 12, 2025
in Amakuru
0
Nyarugenge: Abanyerondo batemwe n’ibisambo
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu Karere ka Nyarugenge, Umurenge wa Nyamirambo, Akagari ka Mumena, Umudugudu wa Katabaro habereye ubujura bwakurikiwe n’imirwano, ubwo abasore bari bitwaje intwaro gakondo bateje umutekano muke, abaturage bagatabaza inzego z’umutekano zikaza kubarwanya.

Mu ijoro ryakeye, aba basore bari bitwaje imihoro bazengurutse mu gace batangira gushaka kwiba abaturage. Nyuma irondo n’abashinzwe umutekano bahise bitabazwa, ariko abo basore barabarwanya niko kubatema.

Related posts

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

March 17, 2026
Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026

Byabaye mu masaha ya saa yine z’ijoro, ubwo aba basore babanje kugerageza kwiba telefoni z’abakobwa bari mu modoka.

Nyuma bajya guhagarika umugore wari avuye kuri moto, bamushikuza isakoshi atabaza avuga induru.

Umwe mu bashinzwe umutekano yagize ati:
“Ahagana saa yine z’ijoro numvise induru n’ijwi ry’amahoni ya moto mpita njya kureba. Nahise mpamagara irondo ariko ryari kure. Mbere y’uko rihagera, abajura bari bamaze kunyuraho sinabamenya, gusa nyuma irondo rigeze aho turagenda tugera aho  imodoka yari iparitse tuhasanga abakobwa bamaze kwaka telefone duhita dukurikira ibyo bisambo”.

Ubu bujura ntibwahagarariye aho, kuko abashinzwe umutekano bafashe icyemezo cyo kurara bawucunze. Bamwe mu banyerondo bahuye n’abo basore bararwana, umwe muri bo atemwa ukuboko ndetse no ku munwa, mugihe undi ari kuzamuka ngo anyure ruguru bamukubise ibuye kumutwe.

Umwe mubambuwe telefone wari mu modoka  yavuze uko byagenze ati:
“Badusanze turi mu modoka, basubira inyuma gato bafungura imiryango bakuramo imihoro bari bahishe mu makoti. Bahise batangira kutugera iyo mihoro , bankubita ikirindi cy’umuhoro mu maso, mugenzi wanjye bamukubita mu mutwe ariko ntitwakomeretse, batwatse amafaranga tubabwira ko ntayo, batubwira ko dufite telefoni, Bahise badusohora mu modoka, barazisaka barazibona bahita bigendera. Ni ubwa mbere nari mbonye abajura bibisha imihoro.”

Nyuma y’ibi, abashinzwe umutekano bahise bawukaza, ndetse bafatamo umwe mu bakekwaho ibyo bikorwa.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CIP Wellars Gahonzire, yemeje aya makuru asaba abakora ibikorwa by’ubugizi bwa nabi kubireka kuko bitazihanganirwa.

Yanibukije abaturage ko bagomba kwirinda kwihanira ahubwo bagatanga amakuru ku gihe. Yavuze kandi ko abakomeretse bajyanywe kwa muganga barimo kwitabwaho.

CIP Gahonzire asoza yibutsa abaturage ko ubufatanye bwabo n’inzego z’umutekano ari bwo buryo bwo guhashya burundu bene ibi bikorwa, anashimangira ko iperereza rigikomeje kugira ngo abandi bakekwaho ubujura bafatwe bagezwe imbere y’ubutabera.

 

Previous Post

Gatsibo:Umugabo yahutse urutoki rw’incuti ye insina zose ashyira hasi

Next Post

Igisubizo cya Leta y’u Rwanda ku busabe bw’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ku ifungurwa rya Ingabire Victoire

Next Post
Igisubizo cya Leta y’u Rwanda ku busabe bw’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ku ifungurwa rya Ingabire Victoire

Igisubizo cya Leta y’u Rwanda ku busabe bw’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ku ifungurwa rya Ingabire Victoire

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved