Mu karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Kigali, Akagari ka Rwesesero haravugwa inkuru y’akababaro aho umwana w’umukobwa w’imyaka 16 y’amavuko yiyahuye akoresheje umugozi nyuma y’uko Se umubyara yari amaze kumwiyama kuvugira kuri telefoni nijoro ndetse akanayimwaka.
Ubwo Se yasobanuraga ibi yavuze ko yari abyutse agiye ku bwiherero mu masaha ya nijoro niko kumva uyu mukobwa we avugira kuri telefoni, maze ajya kumubuza agira ngo aryame ariko umukobwa amubera ibamba arabyanga, ubundi arayimwaka.
umukobwa yahise amubwira ngo: “Iyo telefoni yanjye utwaye, ubuzima bwanjye burangiriye aha.”
Uyu mukobwa akimara kuvuga ayo magambo Se yagize ngo ni ugutebya, ubundi asubira kuryama, ariko bukeye batungurwa no kumusanga yimanitse mu giti.
Bamwe mu baturanyi b’uyu muryango bavuze ko batazi neza icyo uwo mwana yazize, bigatuma bakeka ko haba hari uwamwishe ubundi akamumanika mu giti kugira ngo bizacyekwe ko yaba yiyahuye.
Bityo bagasaba ko hakorwa iperereza hifashishijwe laboratwari zo kwa muganga kugira ngo hamenyekane icyaba cyarateye uru rupfu.
Turacyagerageza kuvugana n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Kigali kugira ngo buduhe amakuru arambuye ku byabaye, kandi tunamenye icyakorwa ngo ibikorwa nk’ibi bikumirwe, urubyiruko rurusheho kwitabwaho, n’imiryango ibashe kubana mu rukundo n’ubwumvikane.




