• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Nyamasheke: Umunsi w’ibirori wahindutse agahinda – abageni bari bagiye gusezerana bakubiswe bagirwa intere

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 11, 2025
in Amakuru
1
Nyamasheke: Umunsi w’ibirori wahindutse agahinda – abageni bari bagiye  gusezerana bakubiswe bagirwa intere
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu Kagari ka Impala, Umurenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, habereye igikorwa cy’ubugizi bwa nabi cyasigiye abaturage mu rujijo, nyuma y’aho abari bujye gusezerana imbere y’amategeko bagabweho igitero bagakubitwa bikomeye n’abantu bataramenyekana.

Aba bagiriwe nabi ni Habumugisha Fiston na Muhawenayo Jeannette, bari biteguye guhamya isezerano ryabo nk’umugore n’umugabo kuri uyu wa Kane tariki ya 11 Nzeri 2025. Ariko mu ijoro ryabanjirije uwo munsi, tariki 10 Nzeri, aba bombi bagabweho igitero n’abagizi ba nabi barabakubita kugeza basizwe ari intere, ubu bakaba barimo kwitabwaho n’abaganga mu bitaro.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bwemeje amakuru y’ibi bikorwa, buvuga ko hari abantu bakekwaho kubigiramo uruhare, kandi inzego z’umutekano zikaba zatangiye kubashakisha kugira ngo bashyikirizwe ubutabera.

Abaturage bo muri ako gace bavuga ko bakibaza icyaba cyateye aba bantu gukora urugomo nk’uru, mu gihe bari biteguye kwifatanya n’aba bageni mu birori byari byateguwe. Umuturage umwe yagize ati: “Twari twiteguye kujya mu birori by’umunezero, ariko byahindutse agahinda. Turasaba ko abakoze ibi bahanwa.”

Kugeza ubu, inzego z’umutekano zatangaje ko iperereza rirakomeje, kandi ko ntawe ukwiye kwihanganira ibikorwa by’ubugizi bwa nabi bigamije gusenya umutekano n’ubuzima bw’abandi.

 

ISOKO:Radiotv10

Previous Post

Abakinnyi ba APR FC bari mu makipe y’ibihugu bongeye kwifatanya n’abandi mu myiteguro ya ½ cya CECAFA Kagame Cup – Amafoto

Next Post

Nyarugenge: Urupfu rw’umukobwa w’imyaka 16 rwateye benshi agahinda

Next Post

Nyarugenge: Urupfu rw’umukobwa w’imyaka 16 rwateye benshi agahinda

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved