• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Ngoma: umusore yagiye gukiza abarwanaga birangira akubiswe ishoka arapfa

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 9, 2025
in Amakuru
0
Ngoma: umusore yagiye gukiza abarwanaga birangira akubiswe ishoka arapfa
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umusore w’imyaka 18 wo mu Murenge wa Rurenge, Akarere ka Ngoma, yakubiswe ishoka arapfa nyuma yo kugerageza gutabara abantu babiri barimo n’umuvandimwe we bari barwaniye mu kabari.

Ibi byabaye ku Cyumweru, tariki ya 7 Nzeri 2025, mu Mudugudu wa Gitobe, Akagari ka Muhurire. Abaturage baho bavuga ko abo basore bari bamaze igihe basangira inzoga, nyuma baza kugirana amakimbirane akomeye kugeza ubwo barwanye.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Umwe mu barwana yaje gukomeretsa bikomeye umusore w’imyaka 18 wari uje kubakiza, amukubise ishoka mu mutwe. Nubwo yahise ajyanwa kwa muganga, yahise yitaba Imana.

Ababonye ibyabaye bavuga ko uwakoze ayo mahano yari amaze umunsi wose yivugira ko ari bwice umuntu, ndetse ngo yari amenyereye kwigamba ibintu nk’ibi, bigaragaza ko atari impanuka ahubwo yari yabigambiriye.

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Madamu Niyonagira Nathalie, yihanganishije umuryango wabuze uyu musore, anibutsa abaturage ko ubusinzi bukomeje kuba imbarutso y’ibikorwa by’urugomo. Ati: “Iyo umuntu anyweye akarenza urugero akibagirwa kwifata, akenshi bigera aho bitera amakimbirane nk’aya. Turasaba abaturage kwirinda inzoga nyinshi no gukemura amakimbirane mu mahoro.”

Uwo musore wishwe yashyinguwe ku wa Mbere, tariki ya 8 Nzeri 2025. Uwagize uruhare mu kumwica yahise atabwa muri yombi, ndetse abaturage basaba ko azaburanishirizwa mu ruhame kugira ngo bibere isomo abandi.

Previous Post

APR FC yerekeje muri ½ cya CECAFA Kagame Cup ndetse inayoboye ku mwanya wambere mu istinda B

Next Post

Yagarutse – Rugaju Reagan yongeye kumvikana kuyindi radiyo

Next Post
Yagarutse – Rugaju Reagan yongeye kumvikana kuyindi radiyo

Yagarutse - Rugaju Reagan yongeye kumvikana kuyindi radiyo

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved