Ntirenganya Théogène, w’imyaka 39 wo mu Mudugudu wa Rugarama, Akagari ka Gatare, yitabye imana tariki ya 7 Nzeri 2025, nyuma yo kugwa ku kiraro kiri hejuru y’akagezi ka Mutovu, kihuza Umurenge wa Macuba n’uwa Kirimbi. Iki kiraro kiri muri metero 100 gusa uvuye mu rugo rw’uyu muturage.
Bivugwa ko Théogène yatashye ku mugoroba wo ku wa 6 Nzeri 2025 ava mu kabari kari mu Kagari ka Kimpindu. Ku gicamunsi cyo ku Cyumweru, abana bogaga hafi y’akagezi bamubonye aryamye ku kiraro, aho umutwe n’agatuza byakomeretse bikomeye kubera ibitare byo munsi yacyo.
Abaturage bemeza ko atari ubwa mbere iki kiraro kigaragaza ikibazo. Bamwe bagiye bahagwa ariko ntibapfe, ariko kubera imiterere yacyo n’uburebure bwacyo hejuru y’amabuye, impanuka zishobora kuba mbi cyane. Bemeza ko hashize imyaka itanu basaba umurenge n’akarere gusana iki kiraro, ariko nta gisubizo kirambye cyabonetse.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Macuba, Munezero Ivan, yavuze ko urupfu rw’uyu muturage rukiri mu iperereza ry’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) ndetse no mu isuzuma rya muganga kugira ngo hamenyekane ukuri ku rupfu rwe. Yavuze ko bishoboka ko icyateye impanuka ari uko yari yanyoye kandi yari ku kiraro nijoro.
Umurenge watangaje ko hazakorwa ubuvugizi bwihuse kugira ngo iki kiraro cyubakwe neza. Byongeye, hateganyijwe Umuganda w’ubufatanye n’abaturage wo gusana ibishoboka mu gihe ibisubizo byihuse biva ku karere. Ariko abaturage basaba igisubizo kirambye, bavuga ko gusana by’agateganyo bidahagije kuko ikibazo gikomeye kandi gishobora kongera gutera impanuka.





