• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Uburezi ntago ari inshingano z’amashuri gusa nawe mubyeyi uruhare rwawe rurakenewe – Minisitiri Nsengimana

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 8, 2025
in Amakuru
0
Uburezi ntago ari inshingano z’amashuri gusa nawe mubyeyi uruhare rwawe rurakenewe – Minisitiri Nsengimana
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Minisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph, yasabye ababyeyi kutumva ko inshingano zirebana n’imyigire y’umwana zireba abarimu gusa, ahubwo na bo bakwiye kugira uruhare mu gukurikirana amasomo y’abana babo.

Ibi yabigarutseho ku wa 8 Nzeri 2025, ubwo hatangizwaga ku mugaragaro umwaka w’amashuri wa 2025/2026 ku rwego rw’igihugu, mu muhango wabereye ku Rwunge rw’Amashuri rwa Kicukiro.

Related posts

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

March 17, 2026
Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026

Nsengimana yibukije ko hari ababyeyi batita ku myigire y’abana babo bakumva ko kubohereza ku ishuri bihagije, nyamara batamenya niba biga neza cyangwa niba bahura n’ibibazo bibakomereye.

Yagize ati: “Ababyeyi dusangiye kurerera igihugu. Amashuri ariteguye gufasha abana, ariko si yo yonyine yabigeraho. Ababyeyi nabo bagomba kugira uruhare kugira ngo bamenye uko abana biga ku mashuri.”

Yakomeje agira ati: “Turasaba ababyeyi kwegera abarimu, bakababaza uko abana biga n’icyo bashobora gukora ngo babunganire. Ntibakwiye guharira amashuri inshingano zose, ahubwo tugafatanya kugira ngo abana batsinde.”

Ku ruhande rw’Umujyi wa Kigali, Umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Urejeni Martine, yavuze ko ikibazo cyagaragaye ari ababyeyi batinda cyangwa batishyura ifunguro ry’abana ku ishuri, kandi ari ngombwa ko icyo kibazo gikemuka.

Yagize ati: “Twakoze ubukangurambaga bwo gushishikariza ababyeyi kwishyura ku gihe ifunguro ry’abana. Ni ikibazo cyakomeje kugaragara ariko tuzashyiramo imbaraga kugeza buri wese abyumvise.”

 

Gutangira k’umwaka w’amashuri wa 2025/2026 kwibukije ababyeyi  ko uburezi ari inshingano zisangiwe hagati y’abarimu, n’ababyeyi ndetse n’abanyeshuri ubwabo. Ubufatanye hagati y’izo mpande zose ni bwo buzatuma abana batsinda neza kandi bakurana indangagaciro nziza. Iyo buri wese asohoje uruhare rwe, uburezi ntibuba ubw’umwana gusa, ahubwo buba inyungu rusange y’igihugu cyose.

Previous Post

U Rwanda ruri mu bihugu byinshi byahisemo guha abaturage indangamuntu koranabuhanga – dore urutonde

Next Post

Trump yihanangirije u Burusiya nyuma y’igitero gikomeye cyagabwe i Kyiv

Next Post
Trump yihanangirije u Burusiya nyuma y’igitero gikomeye  cyagabwe i Kyiv

Trump yihanangirije u Burusiya nyuma y’igitero gikomeye cyagabwe i Kyiv

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved