• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Ukraine ikomeje kuba irimbukiro ku Burusiya

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 7, 2025
in Amakuru
0
Ukraine ikomeje kuba irimbukiro ku Burusiya
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu ijoro ryakeye, imwe mu nyubako z’ingenzi za leta ya Ukraine mu murwa mukuru Kyiv yarashweho ibisasu n’ibitero bya drones byoherejwe n’Uburusiya.

Bitewe n’ubwirinzi bukomeye bwashyizwe ku nyubako za leta, ni ibitero bike cyane byagerageza kugera mu gice cyo hagati ya Kyiv.

Related posts

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

March 17, 2026
Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026

Gusa byabaye kuko ibi ibitero byagize ingaruka zikomeye ku baturage, harimo kwica umwana w’amezi abiri hamwe na nyina, gusenywa kw’inzu z’abaturage, n’ibikorwa remezo byangiritse mu bice bitandukanye by’umujyi.

Uburusiya bwagabye kandi ibitero mu mujyi wa Kryvyi Rih, aho Perezida Volodymyr Zelensky yavukiye, busenya ibikorwa remezo bitandukanye.

Ibi bitero byabaye nyuma y’uko impande zombi zaba zaragerageje amasezerano y’agahenge, ariko Uburusiya bukagaragaza kutemera igitekerezo cyo kohereza ingabo zo kubungabunga amahoro muri Ukraine.

Perezida Zelensky yavuze ko Ukraine yarashwe n’ibitero birenga 800 bya drones na misile 13, zirimo enye za ballistic.

Yavuze ko kwica abagore n’abana ari icyaha kandi ari uburyo bwo gukomeza intambara, asaba ibihugu by’inshuti gushyira mu bikorwa ibyo bemeranyije i Paris mu rwego rwo gufasha guhagarika intambara.

Olena Zelenska, umugore wa Perezida Zelensky, yamaganye ibi bitero, avuga ko byatwaye ubuzima bw’abantu. Yasabye abaturage gukomeza gufashanya no kunga ubumwe mu bihe bikomeye.

Ku ruhande rw’Uburusiya, Minisiteri y’Ingabo ivuga ko igisirikare cyabo cyarashwe na drones 69 za Ukraine zari zigamije kurasa mu Burusiya, ariko zikaba zitaragera ku ntego zazo.

Ibitero by’ubwoko bwa drones na misile bigaragaza ko nubwo hari ubwirinzi bukomeye ku nyubako za leta ya Ukraine,gusa abaturage bakaba bakomeje kubigenderamo ndetse n’ibikorwa remezo byabo n’ibyigihugu.

Ibi byateje ubwoba, agahinda, ndetse  bituma abaturage bimuka, bikomeza guhangayikisha umutekano n’imibereho ya buri munsi muri Ukraine.

 

Previous Post

Intambara y’Uburusiya na Ukraine yabereye Trump ikibazo cy’ingutu

Next Post

Lt General Innocent Kabandana yitabye imana

Next Post
Lt General Innocent Kabandana yitabye imana

Lt General Innocent Kabandana yitabye imana

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved