• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

RDC: Icyorezo cya Ebola cyongeye kuhibasira gihitana abantu

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 4, 2025
in Amakuru
0
RDC: Icyorezo cya Ebola cyongeye kuhibasira gihitana abantu
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Ku wa Kane tariki ya 4 Nzeli 2025, Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko habonetse ikwirakwira rishya ry’indwara ya Ebola mu Ntara ya Kasai yo mu Majyepfo.

Ubu bwandu bwabonetse nyuma y’uko habonetse umurwayi wa mbere w’umugore utwite w’imyaka 34, waje kwa muganga ku itariki ya 20 Kanama afite ibimenyetso birimo umuriro mwinshi, kuruka, kuva amaraso, no kumva ananiwe cyane.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Yitabye Imana ku itariki ya 25 Kanama kubera kwangirika kw’imikorere y’ingingo z’umubiri. Ibi byatumye habaho gukurikirana abantu bose bahuye n’uwo murwayi, harimo abakozi bo kwa muganga n’abandi bantu benshi.

Kugeza ubu, imibare itangwa n’ubuyobozi bw’ubuzima igaragaza ko hari abantu 28 bakekwaho kuba baranduye, muri bo 15 bamaze kwitaba Imana.

Muri aba bapfuye, 14 ni bo bapfuye mu karere ka Boulapé, naho 1 wapfuye ni uwo mu karere ka Mweka. Muri aba bapfuye, 4 ni abakozi bo kwa muganga. Iki kigereranyo cy’urupfu kiri kuri 53.6%, kigaragaza ubukana bw’iki kibazo. Abantu bagaragaje ibimenyetso birimo umuriro mwinshi, kuruka, diarrhea, no kuva amaraso.

Iki ni ikwirakwira rya 16 ry’indwara ya Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuva mu mwaka wa 1976. Muri rusange, iyi ndwara imaze guhitana abantu benshi mu bihe bitandukanye, cyane cyane mu bice byo hagati n’iburengerazuba bw’igihugu.

Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko ubu bwandu bwabonetse nyuma y’uko virus ibonetse ku mugore w’imyaka 34 waje kwa muganga afite ibimenyetso bya Ebola mu kwezi kwa Kanama.

EBOLA NIKI ?

Ebola ni virus yandurira mu buryo bwo guhererekanya amazi cyangwa amaraso y’umurwayi. Ibimenyetso bya mbere birimo umuriro, kunanirwa, n’imvune z’umubiri, bishobora gukurikirwa n’amaraso menshi no gutsindwa kw’imikorere y’ingingo z’umubiri.

UKO UKWIRIYE KWITWARA KUGIRA NGO WIRINDE EBOLA

Abashinzwe ubuzima barasaba abaturage gukurikiza aya mabwiriza akurikira kugira ngo birinde Ebola:

1. Kwirinda guhererekanya amaraso n’amazi y’umurwayi

-Ntukagere ku maraso cyangwa ibindi bice by’umubiri by’umurwayi.

-Abita ku barwayi bagomba kwambara gloves, udupfukamunwa, inkweto n’ibindi bikoresho by’ubwirinzi.

2. Kukaraba intoki kenshi

-Karaba intoki n’amazi meza n’isabune cyangwa ukoreshe sanitizer irimo alcohol 60% cyangwa irengejeho.

3. Kwirinda kujya hafi y’abarwayi bafite ibimenyetso bya Ebola

-Ntugahure n’abantu bafite umuriro, kuruka, diarrhea cyangwa kuva amaraso.

-Niba hari umurwayi mu rugo, wubahe amabwiriza y’abaganga kandi ube hafi mu buryo bwizewe.

4. Kwirinda imihango yo gushyingura umuntu witabye imana azize  Ebola

-Ebola ishobora gukwirakwira mu gihe cyo guhana umurambo.

-Shyira mu bikorwa amabwiriza y’ubuyobozi bw’ubuzima ku bijyanye no gushyingura.

5. Kujya kwa muganga vuba igihe ugaragaje ibimenyetso

-Niba ufite umuriro, kuruka, diarrhea cyangwa kuva amaraso, menyesha inzego z’ubuzima vuba.

-Kwitabwaho hakiri kare bishobora kurokora ubuzima bwawe n’ubw’abandi.

6. Kwirinda guhererekanya ibintu byanduye

-Ntukoreshe ibikoresho by’undi muntu birimo  ibiyiko, ibikombe, imyenda yanduye amaraso nibindi

7. Gukurikirana amakuru y’ubuzima

Kurikira amakuru atangwa n’inzego z’ubuzima ku birebana n’icyorezo cya Ebola mu karere kawe.

Minisiteri y’Ubuzima irasaba abaturage bose gukurikiza aya mabwiriza no kuba maso kugira ngo barinde ubuzima bwabo n’ubw’abandi, bityo bagabanye ikwirakwira ry’iyi ndwara ikaze.

Previous Post

Biteye agahinda: Umugore ukiri muto yishwe n’uwo yashatse amuziza kuba ari igikara

Next Post

Imbwa z’ibihomora akazo kashobotse mu Rwanda

Next Post
Imbwa z’ibihomora akazo kashobotse mu Rwanda

Imbwa z'ibihomora akazo kashobotse mu Rwanda

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved