• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Tanzania:Umupfumu ari gushakishwa kubera kwicisha umunyeshuri

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 3, 2025
in Amakuru
0
Tanzania:Umupfumu ari gushakishwa kubera kwicisha umunyeshuri
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Polisi yo mu Ntara ya Manyara muri Tanzania iracyashakisha umupfumu ukekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umunyeshuri w’imyaka 17, Yohana Konki, wigaga ku ishuri rya Qash Secondary School riri mu Karere ka Babati.

Yohana yitabye Imana ku itariki ya 16 Kanama 2025, nyuma yo gukubitwa n’itsinda ry’abanyeshuri biganaga, bamushinja kwiba tablet ya mugenzi wabo. Ibi byaturutse kubinyoma umupfumu bari bagiye kuraguza, akababwira ko Yohana ari we wibye icyo gikoresho.

Related posts

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

March 17, 2026
Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026

Nyuma yo gusubira ku ishuri, abo banyeshuri bahise bamuhata ibibazo bamusaba gusubiza iyo tablet, ariko we akomeza kubihakana. Mu gihe bamukubitaga ngo yemere, byarangiye apfuye.

Umuyobozi wa Polisi mu Ntara ya Manyara, Ahmed Makarani, yavuze ko uwo mupfumu yahise atorokana n’umuryango we nyuma y’uko aya makuru amenyekanye, kugeza ubu inzego z’umutekano zikaba zigikora ibishoboka byose ngo afatwe.

Yagize Ati: “Turacyashakisha uwo mupfumu wagaragaje ubuhanuzi bw’ibinyoma bwahinduye ubuzima bwa Yohana icyiru, ariko ntidushobora kubireka ngo bigende bityo.”

Kuri ubu, abanyeshuri 11 bakurikiranyweho kugira uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo bari mu maboko ya Polisi, kandi dosiye yabo yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha ngo hagenwe niba bazajyanwa imbere y’urukiko.

Yohana yashyinguwe ku wa 20 Kanama 2025 mu Murenge wa Tsamas, Akarere ka Babati, mu muhango witabiriwe n’abaturage benshi basabye ko ubutabera bukurikiranwa kugeza ku musozo.

Previous Post

RDC: Constant Mutamba wahoze ari Misitiri w’Ubutabera yakatiwe gufungwa imyaka 3 afatirwa n’ibihano bikakaye

Next Post

Nyamasheke: Umusore yakubiswe n’abanyerondo arapfa

Next Post
Nyamasheke: Umusore yakubiswe n’abanyerondo arapfa

Nyamasheke: Umusore yakubiswe n'abanyerondo arapfa

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved