Umukino wari uteganyijwe hagati ya APR FC na Bumamuru FC yo mu Burundi muri CECAFA Kagame Cup, ku wa 2 Nzeri 2025, wahinduriwe umunsi ku wa Gatatu, tariki ya 3 Nzeri.
Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yageze i Dar es Salam muri Tanzania ku Cyumweru, arinaho hazabera irushanwa rihuza amakipe yo mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba n’iyo Hagati. APR FC iri mu Itsinda B, isangiye na Bumamuru FC, KMC yo muri Tanzania, na Mlandege FC yo muri Zanzibar.
Umukino wa mbere wari uteganyijwe gukinirwa ku kibuga cya Azam Complex, ariko amakipe yamenyeshejwe ko iki kibuga kitazakoreshwa, ahubwo cyasimbujwe icya Major General Isamuhyo Stadium. Kubera izi mpinduka, umukino hagati ya APR FC na Bumamuru FC wahinduriwe umunsi ku wa Gatatu, tariki ya 3 Nzeri, uzatangira saa Sita z’amanywa kuri KMC Stadium.
Umukino wa kabiri wa APR FC uzakinwa ku wa Gatandatu, tariki ya 6 Nzeri, kuri Major General Isamuhyo Stadium, mu gihe umukino wa nyuma uzakinirwa kuri KMC Stadium ku wa Mbere, tariki ya 8 Nzeri.
Abakinnyi ba APR FC, batozwa na Abderrahim Taleb, batangiye imyitozo kuri uyu wa Mbere, bitegura umukino w’iri rushanwa nyuma yo gusoza umukino wa nyuma mu mwaka ushize.




