Ku munsi wa nyuma w’igura n’igurisha ry’abakinnyi mu Bwongereza, Liverpool yegukanye umukinnyi ukomeye wa Newcastle United, Alexander Isak, ku mafaranga menshi muri ruhago y’Ubwongereza, miliyoni 125 z’Amapawundi.
Amakipe yombi yamaze kumvikana ku buryo uyu rutahizamu w’imyaka 25 wo muri Suède azajya akina muri Liverpool. Isak arakora ikizamini cy’ubuzima kuri uyu wa Mbere mbere yo kumenyekana ku mugaragaro nk’umukinnyi mushya wa Liverpool.
Amasezerano y’imyaka itandatu ahabwa uyu mukinnyi uri mu bitwaye neza mu mwaka w’imikino wa 2024/25, ahagaze agaciro ka miliyoni 130 z’Amapawundi kuri Newcastle United mu gihe Liverpool yishyuraga miliyoni 125 z’Amapawundi. harimo n’inyongera ya miliyoni 5 z’Amapawundi azajya ahabwa amakipe yose Isak yanyuzemo ari hagati y’imyaka 12 na 23, harimo AIK (Suède), Borussia Dortmund na Real Sociedad.
Isak agiye kuba umukinnyi uhenze mu mateka ya ruhago mu Bwami bw’u Bwongereza, aho igiciro cye kiruta miliyoni 115 z’Amapawundi Chelsea yatangaga kuri Moisés Caicedo mu mpeshyi ya 2023. Liverpool yari yatangiye itanga miliyoni 110 z’Amapawundi n’inyongera zishoboka mu ntangiriro za Kanama, ariko Newcastle yari yanze kugurisha umukinnyi wayo idahawe ibyo yifuza.
Nyuma y’ibyumweru, ibintu byarshindutse ubwo Isak yangaga kwitabira imyitozo no gukina, bigatuma Newcastle yemera igiciro cya Liverpool. Kandi iyi kipe yari imaze kubona umusimbura we, Nick Woltemade wavuye muri Stuttgart ku mafaranga agera kuri miliyoni 69 z’Amapawundi.
Newcastle ikomeje gushaka gusimbuza Callum Wilson wayivuyemo ku buntu, hamwe n’abakinnyi yifuza barimo Yoane Wissa wa Brentford na Jorgen Strand-Larsen wa Wolves, ariko amakipe yombi yanze kwemera amafaranga ari gutangwa. Wissa yasabye Brentford kumurekura, agaragaza ibyishimo bike bitewe no kutabona amahirwe yo kujya muri Newcastle.





