• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Rusizi: Umwana w’imyaka 9 ararembye nyuma yo kugongwa n’imodoka ya World Vision agatereranwa

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 1, 2025
in Amakuru
0
Rusizi: Umwana w’imyaka 9 ararembye nyuma yo kugongwa n’imodoka ya World Vision agatereranwa
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu Kagari ka Gakoni, Umurenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi, haravugwa umwana w’imyaka 9 wamugariye mu buriri nyuma yo kugongwa n’imodoka ya World Vision. Hashize imyaka ibiri ibyo bibaye, ariko kugeza ubu nta gisubizo gihamye kiraboneka ku bijyanye n’ubuvuzi cyangwa indishyi z’iyo mpanuka.

Uwo mwana witwa Habumugisha Frank yagizweho ingaruka ubwo yari afite imyaka irindwi atangiye amashuri abanza. Imodoka ya World Vision yaramugonze, akomerekaho bikomeye kugeza aguye muri koma.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Nyuma yaho, yajyanywe ku Bitaro bya Kaminuza i Huye, aravurwa ararokoka. Hanyuma yoherejwe ku Bitaro bya Mibilizi ngo agororwe ingingo, ariko ubwo bushobozi burabura ubuvuzi burahagarara, bimuviramo kubapararize.

Umwitaho, Uwizeyimana Jeanne, avuga ati:“Twajyaga kumujyana i Mibilizi bakamukoresha imyitozo, ariko ubushobozi burabura. Ubu araryama gusa, ntavuga, ntanagenda. Ubuzima bwe buragoye cyane.”

Abaturanyi bavuga ko bibabaje kubona World Vision, umushinga uzwiho guteza imbere imibereho myiza, waratereranye uyu mwana.

Mukamanzi Rachel ati: “Uretse kumwishyurira mituweri rimwe gusa, ntibongeye kumwitaho. Nyuma yo kuva i Butare ntacyo bongeye kumufasha kandi ari bo bamugonze.”

Na ho Nkeshamugabo Ephrem we ati: “Ni ukuri birababaje kubona umushinga bavuga ko uharanira gufasha abaturage utererana umuntu bahitanye.”

Uretse ikibazo cy’ubuvuzi, n’icy’indishyi ziturutse ku bwishingizi ntikirabonerwa igisubizo. Umuryango we uvuga ko umunyamategeko bari barafashe yababwiye gusa ko “igihe kitaragera,” nyamara bo bari bategereje ayo mafaranga ngo afashe umwana gukomeza kwivuza.

Umuyobozi wa World Vision mu Turere twa Rusizi na Nyamasheke, Mupenzi Frank, yemeje ko koko imodoka yabo yagonganye n’abana, umwe akomerekera bikomeye.

Ati: “Twamuhaye ubutabazi bw’ibanze, twibwira ko umuryango we ari wo wagombaga gukurikirana ubwishingizi kugira ngo hakoreshwe ibyo amategeko ateganya. Ntabwo twigeze tujyanwa mu rukiko kugeza ubu.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muganza, Ndamyimana Daniel, yavuze ko amaze kumenya ikibazo yasabye ubuyobozi bwa World Vision kuganira n’umuryango w’umwana kugira ngo bashakire hamwe igisubizo.

Kugeza ubu, Habumugisha Frank akomeje kubaho mu buzima bugoranye cyane. Kubera ubushobozi buke, umubyeyi we ntiyashoboye kumwitaho bihagije, ku buryo hari igihe abaturanyi bamushyira mu nzu bamukingirana mbere yo kujya gushaka ibyo kurya.

Ibi bikomeje gutera impungenge abaturage bibaza niba koko uburenganzira bw’uyu mwana n’ubuzima bwe bizakomeza kwitabwaho cyangwa niba azakomeza kubaho mu gihirahiro.

ISOKO:RADIOTV10

Previous Post

Liverpool yeretse Arisenal ko igifite byinshi byo kwiga

Next Post

Alexander Isak wakiniraga Newcastle United yakoze amateka atazibagirana muri Premier League

Next Post
Alexander Isak wakiniraga Newcastle United yakoze amateka atazibagirana muri Premier League

Alexander Isak wakiniraga Newcastle United yakoze amateka atazibagirana muri Premier League

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved