• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Mbere yo gushora mu bukwe shyira imbere kubaka urugo rwawe– inama ya Madamu Jeannette Kagame

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
August 31, 2025
in Amakuru
0
Mbere yo gushora mu bukwe shyira imbere kubaka urugo rwawe– inama ya Madamu Jeannette Kagame
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 31 Kanama 2025, Madamu Jeannette Kagame yitabiriye amasengesho ngarukamwaka y’abayobozi bakiri bato n’abashakanye, ategurwa na Rwanda Leaders Fellowship, asaba abakiri bato gushyira imbaraga mu kubaka urugo rwabo aho gushora cyane mu birori by’ubukwe.

Mu ijambo rye, Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ko imwe mu mpamvu nyamukuru zituma ingo zisenyuka ari ukutita ku nshingano z’urugo, aho bamwe baheranwa no gutegura ibirori by’ubukwe batibaza niba ibyo birori biruta kubaka urugo rwiza . Yasabye abakiri bato kwibaza niba gufata umwanzuro wo kubana biterwa n’urukundo, igitutu cy’imiryango cyangwa izindi impamvu.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Yasobanuye ko urugo ari rwo “Rwanda ruto”, rukaba ijuru rito aho umwana wese avukira kandi agakurira mu rukundo. Yibukije abakiri bato ko inshingano zabo zo gusigasira igihugu zitangirira mu ngo zabo, maze abasaba kurangwa n’urukundo nyakuri, kwihangana no kubahana.

Madamu Jeannette Kagame yongeraho ko ababyeyi n’imiryango bagomba gushyigikira abana babo mu rugendo rwo gushinga urugo, kugira ngo bazavemo abayobozi bazima, bubake ingo zihamye kandi ziteye imbere.

Ati: “Urukundo rurangwa n’ubwitange, kwihangana no kubahana ni rwo rutera umudendezo mu rugo. Umunezero w’abashakanye ni cyo kibatsi n’igicaniro cy’urukundo bazasangiza abana babo, bakazabihererekanya uko ibisekuru bisimburana.”

Yasoreje ku ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye mu muryango, ashimangira ko gukorera hamwe no gusigasira indangagaciro z’urugo ari byo bizatuma abakiri bato bubaka ingo zitekanye, zifite umurage uhamye w’ubuyobozi n’urukundo.

Previous Post

APR FC yohereje abakinnyi bato mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup

Next Post

Liverpool yeretse Arisenal ko igifite byinshi byo kwiga

Next Post
Liverpool yeretse Arisenal ko igifite byinshi byo kwiga

Liverpool yeretse Arisenal ko igifite byinshi byo kwiga

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved