• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Urugo rwabo rwari rwuzuye ibyishimo ariko byahinduye isura nyuma yo kumenya ko babyaranye kandi bavukana

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
August 29, 2025
in Amakuru
0
Urugo rwabo rwari rwuzuye ibyishimo ariko byahinduye isura nyuma yo kumenya ko babyaranye kandi bavukana
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu gihugu cya Brazil, haravugwa inkuru y’akataraboneka y’umugabo n’umugore babanye imyaka irindwi nk’abashakanye, bafitanye umwana w’umukobwa, nyuma bakaza gusanga bahuje nyina.

Abo ni Adriana na Leandro, bakomoka mu miryango itarigeze ibana neza kuva bakiri bato, bigatuma buri wese akura atazi inkomoko ye nyakuri. Hashize imyaka myinshi, bombi barahuye mu buryo bw’urukundo, baza gukundana byimazeyo kugeza ubwo basezeranye, bubaka urugo ndetse barabyarana.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Icyo bamenye nyuma cyabateye urujijo: Adriana yitabiriye ikiganiro cya radiyo kizwi muri Brazil gifasha abantu gushaka abavandimwe cyangwa ababyeyi babataye kera. Mu gihe yari ari kuganira n’umubyeyi we bari bamaze imyaka batabona, uwo mubyeyi yamubwiye ko afite undi mwana yitwa Leandro.

Ako kanya Adriana yahise atungurwa no kumenya ko uwo Leandro ari umugabo we bari barabanye imyaka irindwi yose.

Inkuru yahise icicikana mu bitangazamakuru mpuzamahanga, abantu benshi batangazwa n’uko abantu bashobora kubana igihe kirekire batamenye ko ari abavandimwe.

Ariko igitangaje kurushaho ni uko nyuma yo kumenya ukuri, Adriana na Leandro bahisemo gukomeza kubana, bakomeza kurera umukobwa wabo, bavuga ko urukundo rwabo ari rwo rufite agaciro kurusha isano y’amaraso.

Abahanga mu mitekerereze basobanura ko ibintu nk’ibi bishobora guterwa n’icyitwa Genetic Sexual Attraction (GSA), aho abantu bahuje amaraso ariko batabanye mu bwana bashobora kwisanga bakundanye kubera kutamenya isano ryabo.

Nubwo byakuruye impaka ku mbuga nkoranyambaga no mu itangazamakuru, mu mategeko y’iki gihugu, nta cyaha  gihanwa ku bantu bakuru bemeranyijwe kubana.

Previous Post

FC Barcelona imikono yose yateganyaga gukinira ku kibuga cyayo yimuriwe ku kindi kibuga

Next Post

Umutoza Jose Mourinho yirukanywe n’ikipe yatozaga

Next Post
Umutoza Jose Mourinho yirukanywe n’ikipe yatozaga

Umutoza Jose Mourinho yirukanywe n'ikipe yatozaga

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved