Mu gihugu cya Brazil, haravugwa inkuru y’akataraboneka y’umugabo n’umugore babanye imyaka irindwi nk’abashakanye, bafitanye umwana w’umukobwa, nyuma bakaza gusanga bahuje nyina.
Abo ni Adriana na Leandro, bakomoka mu miryango itarigeze ibana neza kuva bakiri bato, bigatuma buri wese akura atazi inkomoko ye nyakuri. Hashize imyaka myinshi, bombi barahuye mu buryo bw’urukundo, baza gukundana byimazeyo kugeza ubwo basezeranye, bubaka urugo ndetse barabyarana.
Icyo bamenye nyuma cyabateye urujijo: Adriana yitabiriye ikiganiro cya radiyo kizwi muri Brazil gifasha abantu gushaka abavandimwe cyangwa ababyeyi babataye kera. Mu gihe yari ari kuganira n’umubyeyi we bari bamaze imyaka batabona, uwo mubyeyi yamubwiye ko afite undi mwana yitwa Leandro.
Ako kanya Adriana yahise atungurwa no kumenya ko uwo Leandro ari umugabo we bari barabanye imyaka irindwi yose.
Inkuru yahise icicikana mu bitangazamakuru mpuzamahanga, abantu benshi batangazwa n’uko abantu bashobora kubana igihe kirekire batamenye ko ari abavandimwe.
Ariko igitangaje kurushaho ni uko nyuma yo kumenya ukuri, Adriana na Leandro bahisemo gukomeza kubana, bakomeza kurera umukobwa wabo, bavuga ko urukundo rwabo ari rwo rufite agaciro kurusha isano y’amaraso.
Abahanga mu mitekerereze basobanura ko ibintu nk’ibi bishobora guterwa n’icyitwa Genetic Sexual Attraction (GSA), aho abantu bahuje amaraso ariko batabanye mu bwana bashobora kwisanga bakundanye kubera kutamenya isano ryabo.
Nubwo byakuruye impaka ku mbuga nkoranyambaga no mu itangazamakuru, mu mategeko y’iki gihugu, nta cyaha gihanwa ku bantu bakuru bemeranyijwe kubana.




