• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Bwambere mu mateka umuntu yashyizwemo ibihaha by’ingurube

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
August 27, 2025
in Amakuru
0
Bwambere mu mateka umuntu yashyizwemo ibihaha by’ingurube
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu bitaro bya Guangzhou Medical University byo mu Bushinwa, abaganga bakoze igikorwa cy’amateka cyo gushyira mu mugabo w’imyaka 39 ibihaha by’ingurube.

Ibi bihaha byamumazemo iminsi icyenda, bikaba ari bwo bwa mbere ku Isi hagaragaye igeragezwa nk’iri mu buvuzi.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Uyu mugabo yari amaze igihe afite ikibazo gikomeye cyo kuva amaraso imbere mu mubiri, bituma ubwonko bwe bupfa, ariko umutima ugikora hifashishijwe imashini. Kubera ko atari akibashije gukira, umuryango we wemeye ko akorerwaho ubu bushakashatsi.

Abaganga bavuze ko mu minsi ya mbere nta kibazo kidasanzwe cyagaragaye, ariko hashize umunsi umwe ibihaha bitangiye kubyimba, amaraso agatangira kugenda gahoro. N’ubwo bakoze ibishoboka byose ngo bigende neza, byarangiye bafashe icyemezo cyo kubimukuramo.

Dr. Adam Griesemer, umwe mu bakuriye ubu bushakashatsi, yavuze ko ari intambwe ikomeye mu gushaka igisubizo ku bibazo by’abakeneye gusimburirwa ingingo.

Ati: “Ntibyoroshye ko ingingo z’inyamaswa zihita zikorera mu bantu. Ni ngombwa igeragezwa rya kenshi kugira ngo hamenyekane uburyo byakorwamo neza.”

Ubu bushakashatsi buha icyizere benshi kuko abakeneye ingingo nshya bakomeza kwiyongera. Imibare ya United States Health Services yerekana ko mu 2024 abarenze 48,000 bahawe ingingo nshya, mu gihe abari ku rutonde bategereje barenga 100,000. Buri munsi abantu 13 barapfa batabonye igisimbura ingingo zabo.

N’ubwo uyu mugabo atakize, igihe yamaze afite ibihaha by’ingurube gifatwa nk’intsinzi y’ingenzi ishobora gufungura inzira nshya mu buvuzi bwo gusimbuza ingingo.

Previous Post

Menya ibyihariye ku masezerano mashya u Rwanda na Mozambique byasinyanye

Next Post

NESA yatangaje gahunda y’ingendo z’abanyeshuri bagiye gutangira igihembwe cya 1 umwaka w’amashuri wa 2025-2026

Next Post
NESA yatangaje gahunda y’ingendo z’abanyeshuri bagiye gutangira igihembwe cya 1 umwaka w’amashuri wa  2025-2026

NESA yatangaje gahunda y’ingendo z’abanyeshuri bagiye gutangira igihembwe cya 1 umwaka w'amashuri wa 2025-2026

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved