• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Menya ibyihariye ku masezerano mashya u Rwanda na Mozambique byasinyanye

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
August 27, 2025
in Amakuru
0
Menya ibyihariye ku masezerano mashya u Rwanda na Mozambique byasinyanye
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Ku munsi wa mbere w’uruzinduko rw’iminsi ibiri Perezida Daniel Francisco Chapo wa Mozambique ari kugirira mu Rwanda, Kigali na Maputo byasinyanye amasezerano mashya agamije gushimangira ubufatanye mu nzego zitandukanye zirimo umutekano, ubucuruzi n’ishoramari.

Ni nyuma y’uko Perezida Paul Kagame yakiriye mugenzi we w’i Maputo, bagirana ibiganiro byihariye bigaruka ku mubano w’Ibihugu byombi n’inzira zo kuwukomeza.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Amasezerano y’ubufatanye mu by’ubukungu yashyizweho umukono hagati y’Urwego rw’Iterambere mu Rwanda (RDB) n’Ikigo cya Mozambique gishinzwe guteza imbere ishoramari n’ibyoherezwa hanze. Yashyizweho umukono n’Umuyobozi Mukuru wa RDB, Jean-Guy Afrika, na Ambasaderi wa Mozambique mu Rwanda, Amade Miquidade.

Mu rwego rw’umutekano, u Rwanda na Mozambique byemeje kongera ubufatanye mu kurwanya iterabwoba bikunze kwibasira Intara ya Cabo Delgado. Aya masezerano yasinywe n’abaminisitiri b’ingabo ku mpande zombi, Juvenal Marizamunda w’u Rwanda na Maj Gen Cristóvão Artur Chume wa Mozambique.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda na Mozambique bifitanye ubucuti budasanzwe. Yagize ati: “Uretse kuba inshuti, turi n’abavandimwe. Ubu hasigaye gushyira mu bikorwa amasezerano twashyizeho umukono kugira ngo agaragaze umusaruro.”

Yakomeje asobanura ko intambwe imaze guterwa mu mikoranire, cyane cyane mu bijyanye n’umutekano n’ubucuruzi, ari ikimenyetso cy’umubano ukura neza hagati y’Ibihugu byombi.

Perezida Kagame yibukije ko ibibazo byugarije Afurika nk’ubuhezanguni n’ubukene bisaba ko Abanyafurika ubwabo bashyira hamwe. Ati: “Ni twe ubwacu tugomba kwishakamo ibisubizo. Ubufasha bw’amahanga ntibushobora kuduhesha amahoro arambye n’iterambere ryihuse.”

Perezida Chapo nawe biteganyijwe ko azitabira ibiganiro bitandukanye mu minsi ibiri azamara mu Rwanda, bikazahuza inzego zitandukanye mu rwego rwo gushimangira ubufatanye busanzwe hagati y’Ibihugu byombi.

Previous Post

Musanze: Abaturange batewe impungenge n’abasore bajya mutubari bitwaje imihoro

Next Post

Bwambere mu mateka umuntu yashyizwemo ibihaha by’ingurube

Next Post
Bwambere mu mateka umuntu yashyizwemo ibihaha by’ingurube

Bwambere mu mateka umuntu yashyizwemo ibihaha by'ingurube

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved