• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umuhanzikazi Taylor Swift n’umukunzi we batunguye abafana babo ku cyemezo gikomeye bafashe

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
August 27, 2025
in IMYIDAGADURO
0
Umuhanzikazi Taylor Swift n’umukunzi we batunguye abafana babo ku cyemezo gikomeye bafashe
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Related posts

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

February 6, 2026
Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

February 3, 2026

Umuhanzikazi w’icyamamare ku isi, Taylor Swift, n’umukinnyi w’umupira w’amaguru Travis Kelce, bamaze gufata icyemezo cyo kurushinga.

Ku wa 26 Kanama 2025, bombi banyujije ku mbuga nkoranyambaga zabo amafoto agaragaza ibirori byabereye mu busitani, aho Kelce yambitse impeta Swift, aherekejwe n’ubutumwa butuje bugira buti: “Umwarimu w’Icyongereza wanyu n’umwarimu w’imyitozo ngororamubiri bagiye kuba umugabo n’umugore.”

Urukundo rwa bombi rwamenyekanye mu 2023 ubwo Taylor Swift yahamirizaga rubanda ko akundana na Kelce. Icyakora ntibyari byoroshye ku ntangiriro, kuko uyu mukinnyi yigeze kugerageza kumuha nimero ze ubwo Swift yakoreraga igitaramo muri sitade ya Arrowhead mu Mujyi wa Kansas, ariko ntibyagira icyo bitanga. Nyuma yo guhabwa ubufasha n’inshuti ndetse n’abo mu muryango wa Swift, byaje kubahesha amahirwe yo guhura imbonankubone, ari na bwo urugendo rwabo rw’urukundo rwatangiye.

Taylor Swift, ufite imyaka 35, ni umwe mu bahanzi bakomeye ku isi ndetse anabarirwa mu bantu binjiza amafaranga menshi mu muziki, aho umutungo we ubarirwa hejuru ya miliyari 1.6$. Mu minsi ishize kandi yari yatangaje album ye nshya yise “The Life of a Showgirl” ubwo yari mu kiganiro cya “New Heights” gikorwa n’umukunzi we Travis Kelce na murumuna we.

Urukundo rwa Swift na Kelce rukomeje guhabwa umwanya munini mu bitangazamakuru, ndetse umubano wabo ukaba werekana urugero rw’uko ibyamamare nabyo bishobora kugira urugendo rw’urukundo rufite intego ndende.

Uyu Travis Klec akina mu ikipe ya  Kansas City Chiefs ibarizwa ku mugabane w’Amerika, aba bombi ntakintu bigeze batangaza kubijyanye n’ubukwe bwabo igihe buzabera.

Previous Post

Ubwitabire bw’abakeneye indangamuntu koranabuhanga bukomeje gutumbagira

Next Post

Nyamasheke:Umusaza n’umukecuru benda kwicana

Next Post
Nyamasheke:Umusaza n’umukecuru benda kwicana

Nyamasheke:Umusaza n'umukecuru benda kwicana

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved