Mu mujyi wa Beni, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, urukiko rwa gisirikare rwafashe icyemezo gikomeye cyo guhanisha abantu 14 urupfu nyuma yo guhamwa n’ibyaha byo kuba mu mutwe w’iterabwoba no gukora ubujura bitwaje intwaro. Muri abo harimo Abanya-Uganda batandatu.
Iri tsinda ryari rimaze igihe rigaba ibitero mu gace ka Beni, rigasahura amaduka, amakoperative ndetse n’ibiro byohereza amafaranga, hagati ya Mata na Kanama 2025. Ubujura bukomeye bwabaye mu ijoro ryo ku wa 8 rishyira ku wa 9 Kanama 2025 ubwo binjiraga muri koperative Païdek, bakavanamo amafaranga arenga ibihumbi 100 by’amadolari n’amafaranga ya Congo abarirwa muri miliyoni 76.
Umunsi wakurikiyeho, bamwe muri bo bafatiwe hafi y’umupaka bagerageza guhungira muri Uganda, basanganwa amadolari asaga ibihumbi 54 hamwe n’amafaranga ya Congo arenga miliyoni 36 byaje kugaruzwa.
Urukiko rwemeje kandi urubanza rundi rw’umugabo wafashwe i Dindi afite imbunda yo mu bwoko bwa AK-47, nawe akatirwa urupfu, mu gihe uwo bareganwaga we yarekuwe kubera ko nta bimenyetso byamushinjaga byabonetse.
Ibyo bihano byafashwe n’urukiko byasobanuwe nk’uburyo bwo gutanga ubutumwa bukomeye mu rwego rwo guhashya ibikorwa by’urugomo n’umutekano muke umaze imyaka wigarurira Beni.
N’ubwo igihano cy’urupfu kiri mu mategeko ya RDC, cyari cyarahagaritswe mu 2003. Ariko mu 2024 guverinoma yongeye kucyemeza isobanura ko ari ngombwa mu gihe cy’intambara n’ubugizi bwa nabi.
Ibi byahurujwe n’imiryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu, ndetse n’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe uburenganzira bwa muntu kakigaragaza nk’icyemezo kinyuranyije n’uburenganzira bw’ibanze.
Patrick Muyaya, Minisitiri w’Itangazamakuru wa RDC akaba n’umuvugizi wa guverinoma, yatangaje ko iki gihano kizakurwaho mu gihe ibibazo by’umutekano muke bizaba bikemutse.
Uganda nayo ikomeje kugira igihano cy’urupfu mu mategeko yayo, nubwo hashize imyaka irenga makumyabiri ntacyo gishyizwe mu bikorwa.
Akarere ka Beni kakomeje kuba indiri y’ibikorwa by’imitwe yitwaje intwaro, byihariye umutwe wa ADF ukomoka muri Uganda, byateje impunzi zisaga ibihumbi 500 kuva uyu mwaka utangiye.





