Mu karere ka Walikale, Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, habereye imirwano ikomeye yahuje imitwe ibarizwa mu ihuriro rya Wazalendo rifashwa na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Iyo mirwano yabereye mu gace ka Nkobe, muri gurupoma ya Kisimba, ku wa 20 Kanama 2025. Yahuye hagati y’umutwe wa NDC-R n’uwa UPR (Union des Patriotes Résistants) nyuma y’uko habayeho kutumvikana hagati yabo.
Amakuru yemezwa n’abaturage bo muri Walikale avuga ko abarwanyi ba NDC-R ari bo batangiye kurasa ku bo muri UPR, bigahitana abantu batatu mu kanya gato, abandi batandatu bagakomereka. Abakomeretse bagejejwe ku bitaro bitandukanye birimo Munsanga na Pinga kugira ngo bavurwe.
N’ubwo iyo mitwe isanzwe ikorana mu rugamba rwo guhangana n’abarwanyi ba M23, ibi bibazo bishya by’ubushyamirane bikomeje gutera impungenge. Ubuyobozi bw’aho byabereye bubona ko niba aya makimbirane adakemutse hakiri kare, M23 ishobora kubibonamo uburyo bwo kongera kugaragaza imbaraga muri Walikale.
Umuyobozi wa Kisimba, Lavie Changwi, yasabye ingabo za Leta (FARDC) zifatanya na Wazalendo gufasha mu gushakira igisubizo ibi bibazo, kugira ngo hadakomeza kubaho guhungabana kw’umutekano.




