Alice Weidel, umwe mu bayobozi b’ishyaka ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu Budage, Alternative for Germany (AfD), yagaragaje kutishimira uko ibihugu by’i Burayi byagiye bihangana n’ikibazo cya Ukraine.
Yavuze ko mu myaka ishize, abategetsi b’i Burayi banze gukoresha inzira ya dipolomasi mu gushaka umuti w’intambara hagati ya Ukraine n’Uburusiya, ariko ubu bakaba baratangaje amagambo ashimira Perezida Donald Trump ku bw’umuhate we mu biganiro bya dipolomasi.
Ibi Weidel yabivuze nyuma y’uko ku wa Mbere, Trump yagiranye ibiganiro n’a perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy, hamwe n’abayobozi b’ibihugu by’i Burayi, barimo na Chancellier w’Ubudage, Friedrich Merz. Ibiganiro byakurikiye iminsi ibiri Trump yari ahuye na Perezida Vladimir Putin i Alaska.
Weidel yagize ati:“Abategetsi bamwe bamaze imyaka itatu n’igice banze inzira ya dipolomasi, none ubu ni bo bashima Trump kubera umuhate we. Ibi ni uburyarya no kwemera gutsindwa kwabo.”
Yakomeje avuga ko ibyo Trump yatangije ari byo abayobozi b’i Burayi, cyane cyane ab’Ubudage, bakwiye kuba barakoze kera, birimo gushyiraho uburyo bwo kuganira n’Uburusiya hagamijwe amahoro arambye.
Nyuma y’ibiganiro byabereye muri White House, ibiro by’Umukuru w’Igihugu bya Amerika byemeje ko hashobora kuboneka amasezerano arambye y’amahoro, hashingiwe ku byavuzwe n’impande zombi.




