Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Irangamuntu (NIDA) cyatangaje ko Abanyarwanda bazajya bahabwa Indangamuntu-Koranabuhanga izagaragaramo ifoto n’ nimero y’Irangamuntu gusa, nta yandi makuru menshi azajya ayigaragaraho.
Iyi ndangamuntu izafasha ibinyu byinshi haba kubona serivisi byihuse, aho umuntu yabonaga serivisi mu kwezi, ubu akaba yayibona mu masaha make.
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo NIDA, Manago Dieudonné, yavuze ko uyu mushinga watangiye mu 2023, igihe hatangirwaga itegeko riyiteganya.
Iyi ndangamuntu izubahiriza amategeko arengera amakuru bwite y’umuntu kandi izafasha mu itangwa ryihuse rya serivisi.
Manago yagize ati:“Serivisi umuntu yakabaye abonera mu gihe cy’ukwezi, azajya abasha kuyibona mu masaha atatu cyangwa atanu, cyangwa ako kanya bitewe n’ikoranabuhanga ryorohereza gutanga serivisi,”
Indangamuntu nshya izafasha kandi mu bukungu bushingiye ku ikoranabuhanga (digital economy), aho umuntu ashobora gukura amafaranga kuri konti ye atavuye aho ari cyangwa kohereza undi amafaranga ako kanya.
IMITERERE YIHARIYE
Iri tangazo ryavuze ko Indangamuntu isanzwe yakoreshaga ikoranabuhanga, ariko inshya izaba yisumbuyeho:
Kuzifashisha intoki icumi, imboni z’amaso, n’isura mu kwemeza umwirondoro.
Gukuraho uburiganya bwashoboraga gutuma umuntu akoresha Indangamuntu ebyiri.
Nyirayo azagumana nimero ya mbere y’Indangamuntu kandi azahitamo uburyo ayitunze: kuyitunga muri telephone ngendanwa (smartphone) cyangwa kusohora bisanzwe imeze nk’ikarita, icapye( print).
Uzajya ushaka gukosora amakosa cyangwa guhindura amakuru agezweho, bizajya bikorwa byoroshye.




