Isiraheli Yemeje Gahunda yo Kwigarurira Gaza, ihamagaza nkeragutabara 60 000 ngo zijye gutanga ubufasha
Minisitiri w’Ingabo w’Isiraheli, Yoav Katz, yameje iyi gahunda yo kwinjira mu mujyi wa Gaza kuri uyu wa Gatatu Taliki 20 Kanama 2025, ategura inkeragutabara 60 000 kugira ngo zifatanye n’ingabo bajye kwigarurira Gaza.
Katz yavuze ko izo nkeragutabara zigomba “gusohoza ubutumwa” bwihariye, kandi hateganyijwe kwimura abaturage kugira ngo bagabanyirizwe ingaruka zishobora guterwa n’intambara.
Isiraheli yari imaze gutangaza ko yitegura kwigarurira Gaza n’inkambi z’impunzi z’uturanye, igamije kurwanya Hamas no kurekura abaturage bafashwe bugwate taliki ya 7 Ukwakira 2023.
Minisitiri w’Intebe Benjamin Netanyahu yemeje iyi gahunda nk’igice gishya cy’ibikorwa bya gisirikare mu karere.




