Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko amanota y’abakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2024-2025, azajya hanze mu mpera zuku kwezi kwa Kanama.
Dr Joseph Nsengimana Minisitiri w’Uburezi yatangaje ko amanota y’abakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye azajya hanze mumpera z’uku kwezi kwa kanama, ibi yabitangaje kuri uyu wakabiri taliki 19 Kanama 2025 nyuma y’uko hatangajwe amanota y’abasoje abanza ndetse n’ikiciro rusange cy’ayisumbuye.
Aya manota yagiye hanze habura ibyumweru bitatu ngo umwakanw’amashuri wa 2025-2026 utangire, ibi bikaba byororohereje abanyeshuri bagiye gutangira ikindi kiciro bikaba byabahaye n’umwanya wo kwitegura bihagije.
Nyuma yo gutangaza ayo manota Dr Nsengimana yavuze ko hakuriyeho gutangaza igihe ayabsoje amashuri y’isumbuye.
Yagize ati “Amanota y’abarangije A Level [amashuri yisumbuye] bazayabona mu mpera z’uku kwezi, ni ukuvuga bitarenze uku kwezi kwa munani.”
Yavuze ko ibi bibaye kunshuro yambere aho agiye gutangazwa vuba ugereranyije n’indi myaka yatambutse, ibi bikaba bizafasha abifuza gukomeza kaminuza kuzahita batangira batiriwe bategereza umwaka.
Ati “Ubundi uko byari bisanzwe ntabwo bayabonaga mu kwezi kwa munani, bayabonaga nko mu kwezi kwa cumi cyangwa kwa cumi na rimwe, ariko icyo twakoze kwari ukugira ngo dukore ibishoboka kugira ngo ibizamini bikorwe, bikosorwe, amanota aboneke, abana bashobore gukomeza kwiga aho kugira ngo barindire umwaka wose.”
Minisitiri w’Uburezi avuga ko muri ibi byumweru bibiri Ikigo gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) kizaba kiri gushyira ku murongo amanota y’abarangije iki cyiciro cy’amashuri yisumbuye, ku buryo mu mpera z’uku kwezi azatangazwa.
Yavuze ko muri ibi byumweru bibiri bisigaye ikigo gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA)kizaba kiri gushyira kumurongo amanota y’abasoje ayisumbuye hanyuma agasohoka mu mpera z’uku kwezi kwa Kanama.
Ibi bibaye kunshuro yambere aho asohotse yihuse kuko mu mwaka ushize wa 2023-2024 yagiye hanze mukwe k’Ukubosa 2025, hashize amezi atatu amashuri makuru atangiye ndetse naza kaminuza,aho aya mashuri aya mashuri atanzira muri Nzeri.




