Mohamed Salah ukinira ikipe ya Liverpool yegukanye iguhembo cy’umukinnyi mwiza Muri shampiyona y’ubwongereza mu batowe n’abakinnyi “PFA Player of the year”.
Rutahizamu wa Liverpool, ukomoka mu Misiri yabaye uwambere utsindiye igihembo inshuro eshatu zikurikiranye cy’umukinnyi mwiza muri shampiyona y’ubwongereza, aho uyu mukinnyi ariwe watsinze ibitego byinshi muri shampiyona.
Yatsinze ibitego 29 atanga imipira 18 yavuyemo ibitego bihesha Liverpool kwegukana igikombe.
Salah yabajijwe niba akiba iwabo mu misiri yari yiteze ko azegukana ibi bihembo yavuzeko byari inzozi ze zo kubitwara.
Ati “Cyane rwose kuko nahoze ndota kuzaba umukinnyi ukomeye w’icyamamare nkabona ibitunga umuryango wanjye, gusa ntabwo watekereza ibikomeye uri mu Misiri. Iyo ukora ugenda ubona ibintu mu buryo butandukanye ari nako ugira intego zikomeye zagutse.”
Salah yegukanye ibi bihembo kunshuro ye ya gatatu aho mu 2018 aribwo yegukanye icyambere naho muri 2022 yegukana ikindi kuri ubu muri uyu mwaka yegukanye ikindi arinacyo cya gatatu.







