Mohammed Salah yaciye agahigo katigeze gacibwa n’ubonetse wese aho yabaye umukinnyi wambere wujuje ibitego 10 mu mikino ifungura shampiyona y’u Bwongereza ya Primier League.
Igihanganjye muri ruhago Mohammed Salah yaciye agahigo katigeze gacibwa n’uwo ariwe wese aho mu ijoro ryakeye yakoze amateka atarakorwa nundi muri shampiyona y’ubwongereza ya primier League, ubwo bakinaga iyi shampiyona Mu ijoro ryakeye nibwo ikipe ya Liverpool FC yanyagiye ikipe ya Bournemouth 4-2.
Nyuma yako gahigo M.Salah ikinyamakur BBC cyatangaje ko salah yahise anganya n’umwe mubanyabigwi w’ikipe ya Manchester United,Andrew Cole nibobatsinze ibitego muri iyi shampiyona nyuma y’aba babanjirije nka Alan Shearer watsinze 260,Harry Kane watsinze 253 ndetse na Wayne Rooney watsinze 208.
Ku bw’amahirwe make ku ruhande rwa Bournemouth, ntabwo izi kipe zakomeje kunganya kuko ku munota wa 88 Federico Chiesa, winjiye asimbuye, yatsinze igitego cya 3 ku ruhande rwa Liverpool mbere y’uko Mohamed Salah yinjiza icya 4, ari na cyo cya nyuma cyabonetse muri uyu mukino, mu minota 4 y’inyongera nyuma y’uko 90 y’umukino yari yarangiye.
Uyu mukino wageze muri 1/2 ari ibitego 2 bya Liverpool byatsinzwe na Hugo Ekitike, ku munota wa 37, na Cody Gakpo ku munota wa 49. Ibi bitego byaje kwishyurwa na Antoine Semenyo uko ari 2 ku munota wa 64 n’uwa 76 mu gice cya 2 ,Gusa igice cyambere cyarangiye ari 2-2
Nyuma yo kugaruka mu kibuga mu gice cya kabiri ku munota wa 88 nibwo Liverpool yashyizemo igitego cya 3 gitsinzwe n’uwitwa Federico Chiesa Winjiye asimbuye gusa ntago byarangiriye aho kuko ku munota wa 4 w’inyongera 90 yo yari yashize nibwo M.Salah yatsinze icya 4, umukino urangira ari 4-2.





