• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko hagati y’itariki ya 21-28 Nzeri 2025 amashuri y’i Kigali azafunga, abakozi ba Leta nabo bakorere mu rugo

OMEGA BOY by OMEGA BOY
August 13, 2025
in Amakuru, Imikino
0
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko hagati y’itariki ya 21-28 Nzeri 2025 amashuri y’i Kigali azafunga, abakozi ba Leta nabo bakorere mu rugo
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko hagati y’itariki ya 21-28 Nzeri 2025, ubwo igihugu kizaba cyakira Shampiyona y’Isi y’Amagare, amashuri akorera mu Mujyi wa Kigali azahagarika amasomo, ndetse abakozi ba leta n’abo mu nzego z’abikorera, bashishikarizwa kuzakorera mu ngo.

Ni icyemezo cyatangajwe kuri uyu wa 13 Kanama 2025, mu gihe habura iminsi itagera kuri 50 ngo u Rwanda rwakire iyi shampiyona.

Related posts

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

March 15, 2026
Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026

Itangazo ryashyizwe hanze rivuga ko “Kigali itewe ishema no kwakira ibyamamare mu mukino w’amagare ku Isi, mu gihe bazaba basiganwa hirya no hino muri uyu Murwa Mukuru wacu.”

Rikomeza rivuga ko “Imihanda imwe n’imwe, ku masaha runaka, izajya iharirwa iryo rushanwa, kugira ngo tubungabunge umutekano w’abakinnyi, abashinzwe imirimo itandukanye muri iryo rushanwa, ndetse n’abaturage muri rusange.”

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko imwe mu mpinduka zizagaragara mu gihe iri siganwa rizaba riba, ari uko amashuri yo mu Mujyi wa Kigali azahagarika kwigisha ndetse n’abakozi bagashishikarizwa gukorera mu ngo.

Iti “Amashuri yo mu Mujyi wa Kigali azaba afunzwe kuva ku wa 21 kugeza ku wa 28 Nzeri 2025. Minisiteri y’Uburezi izakorana bya hafi n’abayobozi b’amashuri n’ababyeyi, kugira ngo iyi gahunda igende neza. Abakozi ba Leta bakorera mu Mujyi wa Kigali, baragirwa inama yo gukorera mu rugo cyangwa ahandi, hifashishijwe ikoranabuhanga mu gihe cyose cya shampiyona y’amagare, uretse abakozi b’imirimo ijyanye na serivisi z’ingenzi zisaba ko uzitanga aba ari aho zitingirwa.”

Bongeyeho “Ibigo byigenga bibifitiye ubushobozi, birashishikarizwa gukoresha uburyo bwo gukora akazi hifashishijwe ikoranabuhanga mu gihe cya shampiyona.”

Biteganyijwe ko imihanda izaba yemerewe gukoreshwa izatangazwa hakiri kare, kandi ishyirweho ibimenyetso bihagije, ku bufatanye n’inzego zishinzwe umutekano wo mu muhanda, kugira ngo hirindwe imbogamizi izo ari zo zose zabangamira urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu mu gihe cya shampiyona.

Shampiyona y’Isi y’Amagare ni ngarukamwaka. Yitabirwa n’amakipe y’ibihugu mu mukino wo gusiganwa ku magare, itegurwa n’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’uyu mukino ari ryo Union Cycliste Internationale (UCI).

Irizabera mu Mujyi wa Kigali kuva tariki ya 21 kugeza 28 Nzeri 2025, ni rimwe mu masiganwa azaba akomeye yabayeho kuko rizaba rigizwe n’inzira y’ibilometero 267,5 irimo akazamuko ka metero 5.475.

U Rwanda ruzahagararirwa n’abakinnyi 34.

Abahagarariye Ikipe y’Abagabo ni abakinnyi 10 ari bo Moise Mugisha, Vainqueur Masengesho, Eric Manizabayo, Shemu Nsengiyumva, Eric Muhoza, Uwiduhaye Mike, Eric Nkundabera, Patrick Byukusenge, Jeremie Ngendahayo na Jean Claude Nzafashwanayo.

Abakinnyi 10 bari mu Ikipe y’u Rwanda y’Abagore ni Diane Ingabire, Xaverine Nirere, Valentine Nzayisenga na Violette Neza.

Abatarengeje imyaka 23 mu bagabo harimo Samuel Niyonkuru, Etienne Tuyizere, Jean De Dieu Manizabayo, Kevin Nshutiraguma, Shadrack Ufitimana, Phocas Nshimiyimana, Aime Ruhumuriza na Espoir Uhiriwe.

Mu bagore batarengeje imyaka 23 harimo Jazilla Mwamikazi, Charlotte Iragena, Martha Ntakirutimana, Domina Ingabire na Mariata Byukusenge.

Abakinnyi barindwi ni bo bazahagararira u Rwanda mu bakiri bato. Aha harimo batatu bari mu ikipe y’abagabo irimo Moise Ntirenganya, Pacific Byusa na Didier Twagirayezu; mu bagore hakabamo Yvonne Masengesho, Giselle Ishimwe, Liliane Uwiringiyimana na Grace Niyogisubizo.

Previous Post

Gisagara: Gitifu w’Umurenge wa Kansi yitabye Imana

Next Post

Gasabo: Polisi yataye muri yombi umugore wakoraga inzoga zizwi nk’ibyuma mu buryo butemewe

Next Post
Gasabo: Polisi yataye muri yombi umugore wakoraga inzoga zizwi nk’ibyuma mu buryo butemewe

Gasabo: Polisi yataye muri yombi umugore wakoraga inzoga zizwi nk'ibyuma mu buryo butemewe

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved