Abaturage 15 bo mu Murenge wa Kiramuruzi mu Karere ka Gatsibo bajyanywe kwa muganga nyuma yo kunywa umutobe bikekwa ko wari wahumanyijwe, bane muri bo bahise boherezwa ku bitaro bikuru bya Kiziguro kugira ngo bitabweho n’abaganga.
Ibi byabaye kuri uyu wa Mbere tariki 11 Kanama 2025 mu Mudugudu wa Nyagashenyi mu Kagari ka Nyabisindu mu Murenge wa Kiramuruzi.
Aba baturage banyweye uyu mutobe ubwo bari bitabiriye ibirori by’umuturanyi wari wabatirishije umwana we, mu byo bari bateguye harimo umutobe wanyweweho na benshi bigakekwa ko wari uhumanye abandi bagakeka ko wateguranywe umwanda.
Umunyambanga Nshingwabikorwa w’umusigire w’Umurenge wa Kiramuruzi, Iyakaremye Jean Pierre, yaemeje ko aba baturage bajyanywe kwa muganga nyuma yo kuribwa mu nda, bagakeka ko byatewe n’umutobe bari bwanyweye mu birori byabaye mu baturanyi.
Ati ‘‘Abaturage 15 ni bo bajyanywe ku kigo nderabuzima cya Kiramuruzi, bane bahita boherezwa ku bitaro bikuru bya Kiziguro kugira ngo bitabweho n’abaganga. Icyabateye mu nda ntabwo turakimenya ariko turakeka ko byatewe n’umutobe banyoye ushobora kuba wari urimo umwanda, abaganga ntabwo bari batubwira ibyo babonye ariko turakeka uwo mwanda.’’
Iyakaremye yavuze ko bakomeje gukurikirana aba baturage ariko ko kugeza ubu abenshi babonye imiti bakaba bameze neza.Yasabye abaturage kandi kugirira isuku ibyo batekamo n’ibyo banyweramo ngo kuko akenshi ariyo ntandaro y’umwanda.
Ati ‘‘Abaturage barasabwa gukoresha ibintu bifite isuku yaba mu gutegura amafunguro ndetse no mu binyobwa kuko umwanda akenshi niwo utuma banywa ku bintu bikabarya mu nda. Ikindi turabasaba kwitondera ibyo banywa n’aho babinywera.’’
Kugeza ubu abaturage 11 nibo bamaze kuva kwa muganga mu gihe abandi bane bakiri mu bitaro bya Kiziguro aho bari kwitabwaho n’abaganga.




