• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Imikino

Nepo Dushime ‘Mu bicu’ yerekeje kuri RBA

OMEGA BOY by OMEGA BOY
August 12, 2025
in Imikino
0
Nepo Dushime ‘Mu bicu’ yerekeje kuri RBA
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umunyamakuru w’imikino Nepo Dushime umenyerewe ku izina rya ‘Mubicu’, yerekeje mu Rwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA), nyuma yo gutandukana na SK FM yari amazeho amezi atandatu.

Mu kiganiro cy’imikino cyatambutse kuri Radio Rwanda kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 12 Kanama 2025, ni bwo uyu munyamakuru yahawe ikaze kugira ngo atangire akore mu rubuga rw’imikino.

Related posts

Minembwe: FARDC yahagabye ibitero bihitana abagore n’abana

Minembwe: FARDC yahagabye ibitero bihitana abagore n’abana

January 12, 2026
APR FC yigaranzuye Rayon Sports iyitsinda idakozemo bituma yegukana igikombe

APR FC yigaranzuye Rayon Sports iyitsinda idakozemo bituma yegukana igikombe

January 10, 2026

Mubicu wahawe ikaze yagaragarije bagenzi be ko agiye gukorana imbaraga ze zose, agashimisha abakurikira iki gitangazamakuru.

Ati “Nishimiye kuba aha n’imbaraga zanjye zose n’umutima wanjye wose. Nzatanga ibyo mfite kandi nzi ko abadukurikirana tuzabana neza. Niteguye gutanga ibyanjye byose.”

Umuyobozi wa Radio Rwanda n’izindi Radio za RBA, Divin Uwayo, yahaye ikaze uyu munyamakuru, amubwira ko agomba gukomereza mu murongo abamubanjirije bakoreyemo.

“Urakaza neza. Wazaga uri umushyitsi kuko njye nari nsanzwe nkubonana na bagenzi bacu bo muri siporo. Izi micro zumvikana mu Rwanda hose no hanze yarwo bivuze ngo ntizisanzwe, uzicayeho rero na we ntasanzwe.”

Mubicu yagiye kuri RBA mu kiganiro Urubuga rw’Imikino n’icya Magic Lineup gitambuka kuri Magic FM, abisikanye na Musangamfura Christian Lorenzo na we werekeje kuri SK FM.

Mu bindi bitangazamakuru yakoreye harimo Radio Salus, City Radio, BTN TV na Radio One yabanjeho mbere yo kujya kuri SK FM.

Previous Post

Nyanza: Umugore yatawe muri yombi akekwaho kwica Umugabo we warumaze kumufata ari kumuca inyuma

Next Post

Umukobwa w’imyaka 20 arashaka guhatana na Perezida Museveni mu matora

Next Post
Umukobwa w’imyaka 20 arashaka guhatana na Perezida Museveni mu matora

Umukobwa w'imyaka 20 arashaka guhatana na Perezida Museveni mu matora

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved