• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Kigali: Polisi yataye muri yombi umukobwa w’imyaka 25 wacuruzaga urumogi

OMEGA BOY by OMEGA BOY
August 11, 2025
in Amakuru
0
Kigali: Polisi yataye muri yombi umukobwa w’imyaka 25 wacuruzaga urumogi
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali yatangaje ko yataye muri yombi umukobwa w’imyaka 25 ucuruza afite ikilo kimwe n’udupfunyika 180 tw’urumogi.

Uyu mukobwa yatawe muri yombi ku wa 11 Kanama 2025 Saa Munani z’amanywa kubera amakuru yatanzwe n’abaturage.

Related posts

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026
Abasirikare b’u Rwanda boherejwe muri Jamaica batangiye imirimo yo gusana ibyangiritse -Amafoto

Abasirikare ba RDF bari bari muri Jamaica batashye

March 16, 2026

Yahishaga urumogi acuruza mu mucanga wari urunze mu nzu iherereye mu Kagali ka Mataba, mu Mudugudu wa Rushubi. Uyu mukobwa ubu afungiye kuri Sitasiyo ya Mageragere.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, yavuze ko uyu mukobwa akimara gufatwa yatangaje ko ibikorwa byo gucuruza urumogi abimazemo iminsi kuko umugabo we babanaga na we yafashwe acuruza urumogi na we akaba afungiye icyo cyaha.

Ati “Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’izindi nzego ndetse n’abaturage ntizadohoka mu kurwanya abanywa n’abacuruza ibiyobyange kuko bigira ingaruka ku baturage ndetse no ku muryango nyarwanda, ababinywa baragirwa inama yo kubireka, ababicuruza nibabireke kuko amayeri bakoresha arazwi.”

Polisi kandi yashimiye abaturage bagira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge no gutuma ababicuruza bafatwa.

Ati “Iki ni ikimenyetso cy’imikoranire myiza ikomeje kuranga Polisi n’abaturage, turabashimira ariko tunibutsa abandi gutangira amakuru ku gihe, tugire igihugu kitarangwamo ibiyobyabwenge.”

Ingingo ya 263 mu gitabo cy’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranyije n’amategeko, aba akoze icyaha.

Iyo abihabijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu irebze miliyoni 20 Frw ariko atarenze miliyoni 30 Frw ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

Previous Post

Rusizi: Umugabo yakubiswe n’inkuba aryamanye n’umugore we

Next Post

APR yashyize umucyo ku makuru yavugaga ko Super Manager yagizwe Umuvugizi w’abafana bayo

Next Post
APR yashyize umucyo ku makuru yavugaga ko Super Manager yagizwe Umuvugizi w’abafana bayo

APR yashyize umucyo ku makuru yavugaga ko Super Manager yagizwe Umuvugizi w’abafana bayo

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved