• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Yarumye ugutwi umugabo, Umugore amutemesha ishoka! Umujura w’i Gatsibo yakoreye ibya mfura mbi abamubujije kwiba

OMEGA BOY by OMEGA BOY
August 7, 2025
in Amakuru
0
Gatsibo: Umusore yishe Nyina wamubuzaga kurongora umugore baturanye
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mwiseneza Ibrahim wo mu Mudugudu wa Mishenyi, Akagari ka Kabeza, Umurenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo, yatawe muri yombi nyuma yo gutemesha ishoka Uwamahoro Clarisse akanaruma ugutwi k’umugabo we witwa Uzayisenga Jean Paul.

Bivugwa ko Uwamahoro Clarisse n’umugabo we bahuye n’ibyo byago ubwo bari bahuruye baje gutabara umuturanyi wabo watabazaga ko agiye kwibwa n’uyu Mwiseneza w’imyaka 25 y’amavuko.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Abaturanyi b’uwo muryango bavuga ko Mwiseneza yazindutse iya rubika kuri uyu wa Kane tariki ya 07 Kanama ajya kwiba uwitwa Mukamugenzi Esperance, gusa abaturanyi baratabara ariko uwo musore ntiyanyurwa ahiga ko aza kugaruka kwihimura ku batumye atiba.

Umuyobozi w’Umurenge wa Kabarore Rugaravu Jean Claude, yavuze ko ubwo Mwiseneza yari agarutse yahise afata ishoka y’uwari uri kwasa hafi aho agahita ayikubita mu mu mutwe Uwamahoro umugabo we aje gutabara na we amuruma ugutwi hafi yo kuguca.

Yagize ati: “Abaturage bahuruye ashaka kubarwanya gusa baramureka aragenda ariko arababwira ngo araza kubihimuraho. Ubwo yagarutse afata ishoka ayikubita umwe mu bari bahuruye n’umugabo we aje gutabara amuruma ugutwi.”

Rugaravu avuga ko uwakubiswe ishoka ari kuvurirwa ku Bitaro bya Kiziguro mu gihe umugabo we bamupfutse aho yakomeretse naho Mwiseneza akaba afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kabarore.

Avuga ko Mwiseneza yari asanzwe ari umujura ruharwa kandi yagiye afungwa akongera akarekurwa ndetse aherutse kwitwaza umuhoro akajya gutega abaturage ariko nyuma aza gufatwa agezwa imbere y’ubutabera.

Asaba abaturage kwirinda kwihanira kandi bakitabira umurimo aho kwishora mu bujura ndetse bagatangira amakuru ku gihe aho babona ibibazo byahungabanya ituze rya bagenzi babo.

Ati: “Turabasaba gukora aho gutekereza ko batungwa n’ibyo bibye kandi bagatangira amakuru ku gihe.”

Previous Post

Nyanza: Umugabo afunzwe akekwaho kwica Mukase amukubise ifuni

Next Post

RIB yataye muri yombi uwahoze ari Umuyobozi Mukuru wa WASAC

Next Post
RIB yataye muri yombi uwahoze ari Umuyobozi Mukuru wa WASAC

RIB yataye muri yombi uwahoze ari Umuyobozi Mukuru wa WASAC

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved