• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Ruhango: Amayobera ku rupfu rw’umukobwa bivugwa ko yagonzwe na ‘Ambulance’ ibitaro byo bikabihakana byivuye inyuma

OMEGA BOY by OMEGA BOY
August 4, 2025
in Amakuru
0
Ruhango: Amayobera ku rupfu rw’umukobwa bivugwa ko yagonzwe na ‘Ambulance’ ibitaro byo bikabihakana byivuye inyuma
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umulisa Cynthia w’imyaka 20 yapfuye bitunguranye, ubwo yasangwaga mu karere ka Ruhango, mu murenge wa Bweramana mu muhanda w’igitaka Gitwe – Buhanda.

Umwe mu baturage bamuzi yavuze ko nyakwigendera yishwe n’impanuka ubwo yari ku igare rya siporo, yikorera siporo.

Related posts

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026
Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026

Avuga ko imodoka y’imbangukiragutabara (ambulance) y’Ibitaro bya Gitwe yamukozeho gato maze nyakwigendera ahita abyuka agendaho gato, bamujyana kwa muganga apfirayo.

Ibi bivugwa n’uyu muturage ubuyobozi bw’ibitaro bya Gitwe bubyamaganira kure, buvuga ko umushoferi w’ibitaro yavanye umurwayi ku Kigonderabuzima cya Karambi bari mu nzira babona umwana aryamye mu muhanda.

Ngo icyo gihe barahagze, bigendanye ko bari bafite umurwayi maze umurwaza n’abandi bari kumwe bavamo, bafasha uriya nyakwigendera, maze bahamagaza indi mbangukiragutabara y’ibitaro bya Gitwe iraza imutwara kwa muganga basanga yapfuye.

Umuyobozi w’ibitaro bya Gitwe, Dr Habituza Benjamin yagize ati “Igare ni rizima, ndatunguwe kumva bavuga ko ibitaro ari byo byamugonze kandi ahubwo twarabafashije.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo CIP, Kamanzi Hassan, yabwiye U ko Polisi yahawe amakuru ko hari ababonye imbangukiragutabara ihagarara ifata umukobwa wari ku igare aryamye hasi iramujyana.

Yagize ati “Polisi yahise ijya ku bitaro aho umukobwa yajyanwe igezeyo isanga yitabye Imana, ubu iperereza ryatangiye kugira ngo hamenyekane icyo umwana yazize.”

Nyakwigendera yakoze ikizamini cya leta gisoza amashuri yisumbuye mu ishami ry’imibare, ubutabire n’ibinyabuzima (MCB) ku ishuri rya ESAPAG riri mu karere ka Ruhango, muri uyu mwaka wa 2025.

Previous Post

Rutsiro: Abagabo babiri barakekwaho kwica mugenzi wabo basangiraga inzoga

Next Post

Muramu wa Habyarimana Juvenal yapfuye

Next Post
Muramu wa Habyarimana Juvenal yapfuye

Muramu wa Habyarimana Juvenal yapfuye

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved