• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Matata wabaye Minisitiri w’Intebe wa RDC yahunze igihugu

OMEGA BOY by OMEGA BOY
August 2, 2025
in Amakuru
0
Matata wabaye Minisitiri w’Intebe wa RDC yahunze igihugu
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Ishyaka LGD ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryemeje ko Perezida waryo, Augustin Matata Ponyo, yahunze igihugu.

Matata yabaye Minisitiri w’Intebe wa RDC kuva muri Mata 2012 kugeza mu Ugushyingo 2016, aba na Senateri kuva muri Werurwe 2019 kugeza muri Gicurasi 2025.

Related posts

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

March 17, 2026
Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026

Umunyamabanga Mukuru wa LGD, Francklin Tshamala, tariki ya 31 Gicurasi yari yatangaje ko tariki ya 21 z’uko kwezi, Matata yaburiwe irengero nyuma y’umunsi umwe ahamijwe icyaha cyo kunyereza umutungo.

Tariki ya 20 Gicurasi, urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga rwa RDC rwari rwahamije Matata kugira uruhare mu inyerezwa rya miliyoni 245 z’Amadolari mu mushinga wo kubaka icyanya cy’inganda z’ubuhinzi cya Bukanga-Lonzo.

Uru rukiko rwakatiye Matata kumara imyaka 10 akora imirimo y’agahato ifitiye RDC akamaro, gusa uyu munyapolitiki we yagaragaje ko uru rubanza rugamije inyungu za politiki, aho kuba iz’ubutabera.

Kuri uyu wa 2 Kanama 2025, Tshamala yamenyesheje abanyamakuru ko yavuganye na Matata kuri telefone, amubwira ko ari mu buhungiro bitewe n’ubutegetsi bwa RDC bwirengagije ingingo y’Itegeko Nshinga ivuga ko “Nta Munye-Congo ugomba kwirukanwa ku butaka bw’igihugu, guhatirwa kujya mu buhungiro cyangwa se ngo ajyanwe kuba ahatari mu rugo rwe.”

Tshamala yagize ati “Yatubwiye ko yagiye mu buhungiro bitewe n’ubutegetsi bwarenze ku ngingo ya 30 y’Itegeko Nshinga, igika cya 2. Igihe nikigera, tuzababwira aho yahisemo kuba.”

LGD yatangaje ko Matata azakomeza guharanira ko amategeko ya RDC yubahirizwa, afatanyije n’abandi banyapolitiki baba abari imbere mu gihugu cyabo n’abari hanze.

Previous Post

Achraf Hakimi arashinjwa gufata ku ngufu umukobwa w’imyaka 24

Next Post

Nkunda u Rwanda cyane… ni mu rugo – Gen Muhoozi Kainerugaba

Next Post
Nkunda u Rwanda cyane… ni mu rugo – Gen Muhoozi Kainerugaba

Nkunda u Rwanda cyane… ni mu rugo - Gen Muhoozi Kainerugaba

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved