Mu Bufaransa, abashinjacyaha basabye ko umukinnyi w’ikipe ya Paris Saint-Germain (PSG), Achraf Hakimi agezwa imbere y’urukiko ashinjwa icyaha cyo gusambanya ku gahato umugore w’imyaka 24, mu mwaka wa 2023.
Ibi byatangajwe n’ibiro by’ubushinjacyaha bya Nanterre ku wa Gatanu tariki ya 1 Kanama 2025, aho byemeje ko dosiye y’iki kirego yashyikirijwe umucamanza ukora iperereza kugira ngo afate umwanzuro w’ahazaza h’uru rubanza. Hakimi, w’imyaka 26, ahakana ibyo aregwa.
Uyu mukinnyi ukomoka muri Maroc, bivugwa ko yahuriye n’uwo mugore kuri Instagram mu ntangiriro za 2023, maze akamutumira iwe i Paris, akoresheje taxi yamwishyuriye.
Uwo mugore avuga ko Hakimi yamusagariye mu buryo budakwiriye, akanamusambanya ku gahato. Yaje gutabaza inshuti ye iza kumukura aho kwa Hakimi
Nubwo uwo mugore atigeze atanga ikirego cyuzuye, ubushinjacyaha bwahisemo gutangiza dosiye, buvuga ko bufite ibimenyetso bihagije.
Umwunganira wa Hakimi, Me Fanny Colin, yavuze ko icyemezo cyo kumugeza mu rukiko nta shingiro gifite, kandi ko bazakomeza gukoresha inzira zose z’amategeko kugira ngo gikurweho.
Icyemezo cya nyuma kizafatwa n’umucamanza mu byumweru biri imbere. Iyo cyemezo cyemejwe, Hakimi ashobora kwisanga mu rubanza ruremereye.




