• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Polisi yataye muri yombi umusore wari wibye Sebuja Miliyoni 40 Frw

OMEGA BOY by OMEGA BOY
July 20, 2025
in Amakuru
0
Polisi yataye muri yombi umusore wari wibye Sebuja Miliyoni 40 Frw
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi umusore w’imyaka 28 ukekwaho kwiba uwo yatwariraga imodoka amafaranga y’ubwoko butandukanye afite agaciro kabarirwa hafi muri miliyoni 40 Frw.

Uwo musore yafatanywe aya mafaranga ku itariki 19 Nyakanga 2025 ndetse ubwo bujura bwabereye aho uwibwe atuye mu Murenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars, yemeje ko uwo musore yafashwe agerageza gucika, aho yari yamaze gukoresha hafi miliyoni 2,5 Frw muri ayo mafaranga.

Ati “Ku wa Gatatu nibwo Polisi yamenye amakuru biturutse ku kirego cy’uwibwe wavugaga ko yabuze Amadolari, Amayero n’amafaranga y’u Rwanda. Nk’uko bisanzwe, hakozwe iperereza hashakishwa abakekwa, biza kugaragara ko umushoferi we ari we ubyihishe inyuma. Yaje gufatirwa mu Karere ka Gicumbi, agerageza gucika.”

Yongeyeho ko “Bamusatse bamusangana Amadolari 16,160 n’Amayero 8,320 atarayavunjisha ariko mu mafaranga y’u Rwanda asigaranyemo ibihumbi 52 Frw gusa.”

Uwo mushoferi wari umaze imyaka igera ku munani atwara imodoka ya sebuja, yiyemereye ko ari we wibye ayo mafaranga yose ayakuye mu modoka.

Yari amaze gukoreshamo 2,448,000 Frw ayasangira n’inshuti ze n’abo mu muryango.

Yashyikirijwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) Sitasiyo ya Kimisagara, kugira ngo hakomeze iperereza ku cyaha cy’ubujura akurikiranyweho naho amafaranga yafatanywe ubu yamaze gusubizwa nyirayo.

CIP Gahonzire yaboneyeho gusaba uwo ari we wese utekereza kwishora mu bujura guhindura imyumvire kuko bitazamuhira.

Ati “Duhora twibutsa abaturarwanda by’umwihariko urubyiruko kuvana amaboko mu mufuka bagakora bakiteza imbere kuko ari yo nzira yonyine yabafasha kubaka ejo hazaza heza kuri bo no ku gihugu muri rusange. Nta na rimwe abajura bazihanganirwa, kandi ntaho bafite ho gucikira, bazakomeza gufatwa ku bufatanye n’izindi nzego n’abaturage, bashyikirizwe ubutabera.”

Ingingo ya 166 y’Itegeko no.68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri n’ihazabu iri hagati ya miliyoni 1Frw na miliyoni 2 Frw, imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Ingingo ya 167 y’iryo tegeko yo ivuga ko ibyo bihano byikuba kabiri iyo uwibye yakoresheje guca icyuho, kwiba byakozwe nijoro cyangwa byakozwe n’abantu barenze umwe.

Previous Post

Umunyarwandakazi warumaze iminsi avugwa mu rukundo n’umuhungu wa Perezida wa Afurika y’Epfo yananiwe kwiyumanganya, ashimangira uburyo umutima we wihebeye uwo musore

Next Post

Igikomangoma cyo muri Arabie Saoudite cyari kimaze imyaka 20 muri coma cyitabye Imana

Next Post
Igikomangoma cyo muri Arabie Saoudite cyari kimaze imyaka 20 muri coma cyitabye Imana

Igikomangoma cyo muri Arabie Saoudite cyari kimaze imyaka 20 muri coma cyitabye Imana

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved