• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Kayonza: Umukazana yarumye Sebukwe ugutwi agukuraho

OMEGA BOY by OMEGA BOY
July 19, 2025
in Amakuru
0
Kayonza: Umukazana yarumye Sebukwe ugutwi agukuraho
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Ntibayazi Pierrre Célestin w’imyaka 65 utuye mu Kagari ka Nkondo, Umurenge wa Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza yarumwe ugutwi n’uwari umukazana we kubera amakimbirane yo mu miryango.

Uwo musaza wamaze gutanga ikirego muri RIB, yabwiye TV1 ko umukazana we bahuriye aho yari yagiye gushaka ubwatsi bw’amatungo, akamufata ashaka kumuruma ku munwa ariko akirwanaho.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Ntibyagarukiye aho kuko uwo mukazana yahise amuruma ugutwi akuraho agace ko hejuru ku gutwi, umusaza agatabaza abaturage akaba ari bo bamukiza.

Ati “Yahise amfata hano [ugutwi] n’umunwa sinamenya ukuntu yagakuyeho. Ubwo mbona amaraso arimo kuva ndamufata ndamukomeza, mvuza induru abantu baraza. Ugutwi yaragutwaye pe, yarakuriye.”

Bivugwa ko uwo mukazana we witwa Mutuyimana Diane yabanaga n’umuhungu w’uwo musaza ariko nyuma aza kumwirukana kubera imyitwarire itari myiza.

Abaturage bavuga ko ibyo bishobora kuba byabaye intandaro y’amakimbirane n’inzigo zatumye ashaka kugirira nabi sebukwe.

Umwe ati “Kumukubita hasi ubwo afite ibyo yamubazaga bindi bishingiye ku kuba umuhungu we barashwanye. Ni uburakari yari afite kuko umuhungu we yamwanze.”

Undi mukecuru yagize ati “Ararumana(uwo mukazana), amaze kuruma abantu bageze kuri bane. Nta mukazana ukireba sebukwe ngo avuge ko ari sebukwe.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwinkwavu, Bagirigomwa Djafar, yavuze ko icyo kibazo batari bakizi ariko asaba abaturage kwirinda amakimbirane yo mu ngo no guharanira kubana neza mu miryango.

Ati “Abantu ntabwo bakwiye kugirirana nabi, icya kabiri ni uko amakimbirane ni byiza ko aba ntibayahishe kuko hari ubwo bayahisha ugasanga agize ingaruka ku baturage. Ni byiza ko uwahohotewe cyangwa ubona hari amakimbirane ari kubaho abigarariza urwego rw’ubuyobozi rufite itsinda rishinzwe kuganiriza imiryango iri mu makimbirane.”

Ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, Polisi y’Igihugu yatangaje ko ibyo byabaye ku wa 14 Nyakanga 2025 kandi ko uwabikoze yamaze gushyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB.

Ati “Ibi byabaye tariki ya 14 Nyakanga 2025 kandi uwabikoze yarafashwe, yashyikirijwe Ubugenzacyaha bukorera Rwinkwavu. Murakoze.”

Previous Post

Rubavu: Umugore yishe umugabo we

Next Post

Meta yabitse Minisitiri w’u Buhinde akiri muzima yasabye imbabazi

Next Post
Meta yabitse Minisitiri w’u Buhinde akiri muzima yasabye imbabazi

Meta yabitse Minisitiri w’u Buhinde akiri muzima yasabye imbabazi

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved