• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Ntibisanzwe: Umusaza yishe ubukwe bw’umuhungu we acikana umukazana we ajya kumugira umugore

OMEGA BOY by OMEGA BOY
July 16, 2025
in Amakuru
0
Ntibisanzwe: Umusaza yishe ubukwe bw’umuhungu we acikana umukazana we ajya kumugira umugore
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu Buhinde, umugabo w’imyaka 55 ufite umuryango ndetse umaze kugira abuzukuru batatu, aravugwaho gucikana umukobwa w’imyaka 22 witeguraga kuba umukazana we.

Uwo mugabo uretse gucika ajyanye umukunzi w’umuhungu we, ngo yanatwaye amafaranga yose y’ubwizigame bw’umuryango ndetse ajyana n’ibindi bintu by’agaciro birimo imirimbo ikozwe muri zahabu.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Uwo mugabo witwa Shakeel, utuye ahitwa i Rampur, muri Leta ya Uttar Pradesh, ni umubyeyi ufite abana batandatu (6) yatunguye umuryango we, ubwo yatorokanaga n’umukobwa wahawe izina rya Ayesha (izina ritari irye nyaryo).

Aganira n’itangazamakuru ry’aho mu Buhinde, Shabbana, umugore wa Shakeel, yavuze ko yatangajwe n’ukuntu umugabo we yakomezaga guhatiriza ko umuhungu wabo w’imyaka 17 yashyingirwa byihutirwa n’uwo mukobwa bakundanaga, ariko umugore akavuga ko hataboneka amafaranga ahagije yo gutegura ubwo bukwe, kandi ko n’umusore akiri muto, bityo bategereza gato, ubukwe bukazaba mu gihe kiri imbere.

Uko kwanga gukoresha ubukwe byihutirwa, uwo mugabo ngo ntiyabyakiriye neza, ahubwo yahise ategura gucika ajyanye uwo mukobwa, maze aza guhamagara umugore we Shabbana ari mu Mujyi wa Delhi, amubwira ko we yamaze kwishakira uwo mukobwa ubu bakaba batangiye kubana nk’umugore n’umugabo, kuko umuhungu we atarimo kumushaka.

Shabbana yabwiye abanyamakuru ati “Umukobwa wari kuzaba umukazana wanjye, ubu ni umugore w’umugabo wanjye”.

Bivugwa ko mbere yo gucika, Shakeel yasuraga uwo mukobwa kenshi, yitwaje ko barimo kuvuga ku bijyanye n’imyiteguro y’ubukwe bwe n’umuhungu we, ariko umugore akavuga ko kuva ku ntangiriro yumvaga adashira umugabo we amakenga, akurikije uko yabonaga yitwara kuri uwo mukobwa.

Umugore abajije umugabo we, niba nta kintu kidasanzwe kiri hagati ye n’uwo mukobwa, umugabo ngo yarahakanye ndetse atangira no guhohotera umugore, avuga ko amukekera ubusa amubeshyera. Ariko umugore ntiyacika intege akomeza kwegeranya ibimenyetso.

Umunsi umwe, uwo mugore yereka umuhungu we ubutumwa bugufi umugabo we yagiye yandikirana n’uwo mukubwa, umuhungu arababara, ahita abwira Se ko iby’ubukwe yumva abihagaritse.

Uwo mugabo ntiyatwaye gusa umukobwa wari umukunzi w’umuhungu we, ahubwo yatwaye n’amafaranga yari ubwizagame bw’umuryango asaga 200,000 by’Ama-rupees (ni ukuvuga 2,400 by’Amadolari) n’ibindi by’agaciro.

Icyo cyaha cy’ubujura bw’umutungo w’umuryango, kiramutse kimuhamye, uwo mugabo yahanishwa gufungwa imyaka 3 muri gereza, ariko Polisi yabwiye ikinyamakuru Times of India, ko kugeza ubu, idashobora gufata Shakeel kuko umuryango we utaratanga ikirego mu buryo buteganywa n’amategeko.

Previous Post

Uganda: Polisi iri guhiga bukware umusore wagaragaye ari kunywera inzoga hejuru y’imodoka iri kugenda

Next Post

RDC: Abasirikare barwanye bapfa umugore birangira barashe umwarimu wihitiraga

Next Post
RDC: Abasirikare barwanye bapfa umugore birangira barashe umwarimu wihitiraga

RDC: Abasirikare barwanye bapfa umugore birangira barashe umwarimu wihitiraga

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved