• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Kenya: Perezida yategetse Polisi kujya irasa abantu bigaragambya

OMEGA BOY by OMEGA BOY
July 10, 2025
in Amakuru
0
Kenya: Perezida yategetse Polisi kujya irasa abantu bigaragambya
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Perezida wa Kenya, William Ruto yategetse polisi y’iki gihugu kurasa mu kaguru abamaze igihe bagira uruhare mu myigaragambyo, yamagana ubutegetsi bwe.

Ni icyemezo Perezida Ruto yatangaje ku wa Gatatu tariki 9 Nyakanga 2025 nk’uburyo bwo guhangana n’imyigaragambyo izwi nka ‘Saba Saba’.

Related posts

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026
Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026

Iyi myigaragambyo iba tariki 7 Nyakanga buri mwaka hagamijwe gushyira igitutu kuri Leta mu kubahiriza uburenganzira bw’abakozi n’ibindi byifuzo by’abaturage muri politike.

Yatangiye bwa mbere ku wa 7 Nyakanga 1990 ubwo abakozi bo muri Kenya n’impirimbanyi za demokarasi biraraga mu murwa mukuru Nairobi, mu myigaragambyo yo kwamagana imiyoborere ishingiye ku ishyaka rimwe, n’imibereho mibi y’abakozi.

Imyigaragambyo y’uyu mwaka yari ifite ubukana buri hejuru, cyane ko nubundi Abanya-Kenya bamaze igihe banenga ubutegetsi bwa Ruto.

Uyu Mukuru w’Igihugu yavuze ko mu guhosha iyi myigaragambyo Polisi ikwiriye gutangira kurasa mu kaguru abigaragambya, cyane cyane abajya mu bikorwa byo gutwika amaduka.

Ati “Uwo ariwe wese uzafatwa atwika igikorwa cy’ubucuruzi cy’undi muntu cyangwa umutungo we akwiriye kuraswa mu kaguru, akajyanwa mu bitaro ubundi nyuma agashyikirizwa urukiko. Ntimubice, ariko muzabavune amaguru.”

Umuryango ushinzwe uburenganzira bwa muntu muri Kenya uvuga ko kuva iyi myigaragambyo yatangira hapfuye abantu 31, abarenga 100 barakomereka mu gihe abandi 532 batawe muri yombi. Polisi ya Kenya yo ivuga ko hapfuye 11.

Previous Post

Gatsibo: Umusore w’imyaka 26 yiyahuye bikekwa ko yabitewe no gufuhira umukunzi we

Next Post

Muhanga: Abantu bane barimo n’abanyeshuri bagwiriwe n’ikirombe umwe ahita ahasiga ubuzima

Next Post
Muhanga: Abantu bane barimo n’abanyeshuri bagwiriwe n’ikirombe umwe ahita ahasiga ubuzima

Muhanga: Abantu bane barimo n'abanyeshuri bagwiriwe n'ikirombe umwe ahita ahasiga ubuzima

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved