Umuhanzikazi Clarisse Karasira n’umugabo we Ifashabayo Sylvain Dejoie, bari mu byishimo nyuma yo kwibaruka umwana w’umuhungu w’ubuheta.
Ni umwana w’umuhungu bise Kwema Light FitzGerald nk’uko Clarisse Karasira yabitangaje yifashishije urukuta rwa Instagram kuri uyu wa 9 Nyakanga 2025, aho yagize ati “Twibarutse Kwema, ubuheta bw’umuhungu uduhesha ubwema […]Iyi ni ifoto yacu ya mbere nk’umuryango wa bane. Imana ni iyo kwizerwa mu buryo buhebuje.”
Ku wa 27 Kamena 2025 nibwo Karasira yatangaje ko agiye kwibaruka umwana wa kabiri. Icyo gihe yatangaje iyi nkuru yifashishije amashusho, yashyize hanze ari kumwe n’umugabo we n’umwana wabo bise Kwanda. Yayaherekesheje amagambo agaragaza ko ashimira Imana, imirimo iri kugenda ikora mu buzima bwe n’umuryango we.
Ati “Murebe ibyo Uwiteka yakoze! Bakundwa umuryango wacu uri kwaguka. Turitegura undi mwana vuba cyane. Uwiteka yakoze ibintu bidasanzwe kuri twe, natwe twuzuye ibyishimo.”
Kwema yaje akurikira Kwanda Krasney Jireh. Uyu yavutse mu ijoro rya tariki 13 Kamena 2022 mu bitaro bya Northern Light Mercy Hospital biherereye mu Mujyi wa Portland muri Maine muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Umuhanzikazi Clarisse Karasira yarushinze na Ifashabayo Sylvain Dejoie, mu muhango wabereye kuri Christian Life Assembly (CLA), urusengero ruherereye i Nyarutarama mu Mujyi wa Kigali tariki 01 Gicurasi 2021.
Clarisse Karasira na Ifashabayo bahuye mu 2017, mu gitaramo cyo kwibuka umuhanzikazi Kamaliza.
Ifashabayo wari mu ikipe itegura iki gitaramo yahuye na Karasira ubwo yari agiye kukimutumiramo, ubucuti bwabo butangira ubwo. Uko ubucuti bwabo bwarushagaho kwaguka, ni nako Ifashabayo yagendaga afata izindi nshingano nko gufasha umukunzi we mu by’umuziki n’ibindi.





