• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

RDC: Abantu icyenda bo mu muryango wa Tshisekedi ni bararegwa ubujura

OMEGA BOY by OMEGA BOY
July 8, 2025
in Amakuru
0
RDC: Abantu icyenda bo mu muryango wa Tshisekedi ni bararegwa ubujura
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Ubushinjacyaha bw’u Bubiligi bwashyikirijwe dosiye y’abantu icyenda bo mu muryango wa Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Ihanira Demokarasi ya Congo baregwa kwiba amabuye y’agaciro mu ntara ya Haut-Katanga na Lualaba.

Umunyamategeko Bernard Maingain na Brieuc Maingain bashyikirije iki kirego Umushinjacyaha Ann Fransen kuri uyu wa 8 Nyakanga 2025, bashingiye ku kuba abo mu muryango wa Tshisekedi bakekwaho iki cyaha bafite ubwenegihugu bw’u Bubiligi.

Related posts

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026
Iran yaburiye Donald Trump kugenza make, imubwira ko ashobora kwisanga ariwe wishwe nyuma y’ibyo yavuze

Iran yaburiye Donald Trump kugenza make, imubwira ko ashobora kwisanga ariwe wishwe nyuma y’ibyo yavuze

March 10, 2026

Aba banyamategeko bahagarariye imiryango itandukanye itegamiye kuri Leta ikorera mu ntara ya Haut-Katanga na Lualaba ndetse na bane bahoze mu buyobozi bwa sosiyete ya Gécamines ishinzwe ubucukuzi n’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro mu yahoze ari intara ya Katanga.

Abahagarariye iyi miryango n’abakoreye muri Gécamines basobanura ko ubusahuzi bw’amabuye y’agaciro yo muri Katanga bwatangiye mu 2015, gifata intera ikomeye mu 2019 ubwo Tshisekedi yajyaga ku butegetsi.

Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri Lualaba, yagize ati “Kuva mu 2019, ibintu byabaye bibi cyane. Katanga yabaye isanduku y’amafaranga y’umuryango wa Perezida, ukura umutungo muri izi ntara, cyane cyane muri Lualaba, nyamara ntacyo ushorayo.”

Bavuga ko abo mu muryango wa Tshisekedi barimo umuvandimwe we, Christian Tshisekedi, bambuye abantu benshi ibirombe by’amabuye y’agaciro muri Katanga, bashyiramo abasirikare babirindira umutekano bihoraho.

Nk’uko babisobanura, agaciro k’amabuye y’agaciro umuryango wa Tshisekedi wibye muri Katanga kabarirwa muri miliyoni z’Amadolari, ati “Agaciro k’ubu bujura kabarirwa muri miliyoni z’Amadolari.”

Uretse umuvadimwe wa Tshisekedi, haregwa abandi barimo umugore w’uyu Mukuru w’Igihugu, Denise Nyakeru, umuhungu we Anthony Tshisekedi, babyara be na muramukazi we.

Previous Post

Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

Next Post

Kamonyi: Umwana na Nyina batawe muri yombi bakekwaho kwica Se

Next Post
Kamonyi: Umusaza yatahanye indaya imupfiraho

Kamonyi: Umwana na Nyina batawe muri yombi bakekwaho kwica Se

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved