• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Perezida Kagame yakomoje ku bihuha byavugaga ko yapfuye

OMEGA BOY by OMEGA BOY
July 4, 2025
in Amakuru
1
Perezida Kagame yahishuye icyo u Rwanda ruzakora RDC nidasenya FDLR
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Perezida Paul Kagame yashimangiye ko ari muzima ndetse agaragaza ko atumva impamvu kuba yarwara cyangwa akagira ikibazo cy’ubuzima bishobora kuba ikintu kidasanzwe kandi na we ari ikiremwamuntu.

Ni ingingo Perezida Kagame yagarutseho kuri uyu wa 4 Nyakanga 2025 mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Ubwo yari abajijwe ku bantu bamaze iminsi bakwirakwiza ibihuha ku buzima bwe, Perezida Kagame yavuze ko umuntu wese ashobora kugira ibibazo by’ubuzima.

Yagize ati “Mbere na mbere nta muntu ubaho iteka ryose, hejuru y’ibyo ku bijyanye n’ubuzima bw’umuntu bwaba bugufi cyangwa burebure uba ugomba kumenya uko utwara ibyo byose, ariko iyo bije kuri politike ibi bishobora kuba bititabwaho.”

“Mu by’ukuri bimwe mu bibazo by’ubuzima bwanjye bishobora no kuba byakomoka mu kubayobora, kuri njye nk’ikiremwamuntu murabizi abantu bandura COVID, bandura ibicurane, bandura inkorora ndetse rimwe na rimwe abantu baba bagendaga umutima ugahagarara, umuntu akagwa, ibi si ibisanzwe ku kiremwamuntu, ni iki abantu bashaka ko nsobanura, ko ntari umuntu?”

Perezida Kagame yavuze ko n’abo bantu bashobora gukwirakwiza amakuru ko yapfuye, nabo baba bashobora kugerwaho n’urupfu.

Ati “Ndetse n’abo bantu mwita ko bafite urwango, bafite iyo politike, uwo muntu ashobora kuba ari kuvuga ku wundi muntu cyangwa amvuga, anyifuriza ibibi byose, avuga ati ahubwo yarapfuye, mu gihe mu mbonye we akaba yapfuye, kandi ntaho mpuriye nabyo, ahubwo ari ukubera ko aba bantu nabo ari abantu.”

Umukuru w’igihugu yagaragaje ko imyumvire na politike nk’iyo “irenze ubucucu”, ashimangira ko bikwiriye kuba biri mu byo u Rwanda rwibohoye.

Perezida Kagame yaboneyeho kwizeza abantu ko ari we uri imbere yabo avuga kandi ko ari muzima.

Ati “Reka mbizeze ko ari njye wicaranye hano na mwe. Ntabwo ari undi muntu.”

Previous Post

President Joko “Jokowi” Widodo Refuses to Sign MD3 Law

Next Post

Uko Tshisekedi yahawe ubutegetsi mu manyanga Kenyatta na Ramaphosa bareba

Next Post
Uko Tshisekedi yahawe ubutegetsi mu manyanga Kenyatta na Ramaphosa bareba

Uko Tshisekedi yahawe ubutegetsi mu manyanga Kenyatta na Ramaphosa bareba

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved